English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Byarangiye AS Muhanga na Gicumbi FC bongeye kwisanga mu Cyiciro cya Mbere

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025, hasojwe shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Rwanda, hakinwa imikino y’umunsi wa nyuma wa kamarampaka. Yasize Gicumbi FC yegukanye igikombe, naho AS Muhanga igaruka mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka ine.

Imikino yabaye ku isaha imwe (saa cyenda) hagati y’amakipe ane yari ahataniye imyanya ibiri yo kuzamuka. AS Muhanga yakiriye La Jeunesse i Muhanga, naho Gicumbi FC yasuye Etoile de l’Est i Ngoma.

AS Muhanga 2-1 La Jeunesse

AS Muhanga yinjiye mu mukino iri ku mwanya wa kabiri n’amanota arindwi, isabwa gutsinda kugira ngo izamuke. Ku munota wa 14, Kalisa Jamir yayitsindiye igitego cya mbere, ariko La Jeunesse yishyura ku munota wa 38 binyuze kuri Rwazigama Akbar.

Igice cya kabiri cyaranzwe n’ishyaka ryinshi, ariko ni AS Muhanga yaje kubona igitego cy’intsinzi ku munota wa 72 gitsinzwe na Harerimana Jean Claude Kamoso, biyihesha amanota 10, bihita biyizamura mu cyiciro cya mbere.

Etoile de l’Est 0-2 Gicumbi FC

Gicumbi FC yari ifite amanota icyenda, isabwa nibura kunganya ngo izamuke. Yatangiranye imbaraga, itsinda igitego cya mbere hakiri kare ku munota wa 11 gitsinzwe na Peter. Mu gice cya kabiri, yongeye kubona igitego cya kabiri, isoza umukino ku ntsinzi ya 2-0.

Iyi ntsinzi yahesheje Gicumbi FC igikombe cy’icyiciro cya kabiri cya 2024-2025 n’amanota 12, inahita yisubiza itike yo kujya mu cyiciro cya mbere yaherukagamo mu 2022.

Kugaruka kwa AS Muhanga no kwegukana igikombe kwa Gicumbi FC ni intambwe ikomeye ku mpande zombi. Ubu amakipe yombi yitegura guhatana mu cyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2025-2026.



Izindi nkuru wasoma

Gicumbi: Inkuru y’umubyeyi warokotse Jenoside, washimishijwe n’impano yahawe na DASSO

Byarangiye AS Muhanga na Gicumbi FC bongeye kwisanga mu Cyiciro cya Mbere

Kashmir yongeye kuba igicumbi cy’amaraso nyuma y’igitero cyahitanye abantu 15

Uko Irerero ry'i Rubavu ryahindutse inkingi y’iterambere ku bagore bacururiza muri DRC

Uwahoze ayobora Akarere ka Nyanza, Bwana Ntazinda Erasme, yagejejwe imbere y’Urukiko



Author: Nsengimana Donatien Chief Editor Published: 2025-05-07 18:54:58 CAT
Yasuwe: 17


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Byarangiye-AS-Muhanga-na-Gicumbi-FC-bongeye-kwisanga-mu-Cyiciro-cya-Mbere.php