Gicumbi: Inkuru y’umubyeyi warokotse Jenoside, washimishijwe n’impano yahawe na DASSO
Bagweneza Beatrice, umubyeyi w’imyaka 42 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe inka n’urwego rwa DASSO, igikorwa cyahinduye amateka y’urugo rwe rwari rwarabaye igicucu cy’ubuzima.
Uyu mubyeyi wabarizwaga mu buzima bw’umwijima, nyuma y’uko umugabo we afashwe n’uburwayi bwo mu mutwe agasigara yirwanaho, yareze abana batatu bonyine mu buryo bw’agahato. Yarwanaga n’inzara, ishyamba ry’imihangayiko n’ijoro ry’amarira.
Bagweneza yagaragaje ko nyuma y’icyo gikorwa yabyutse afite icyizere:
Ati “Nari naracogoye. Nta n’inka yarongora urugo, abana baryaga rimwe na rimwe ndetse bakanaryama bicaye. Ariko inka nahawe ni nk’impano y’Imana, ni isoko y’ubuzima bushya. Nzayibyaza amata, n’icyizere.”
Iyo nka ifite agaciro karenga miliyoni, yamaze kwishyurirwa ubwishingizi kandi igeze igihe cyo kubyara. Yatanzwe n’urwego rwa DASSO nk’igice cy’ikorwa ry’imishinga yihariye mu minsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31.
Nyangabo Umuganwa Jean Paul, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa DASSO mu Gicumbi, yavuze ko bafatanya n’abaturage kumenya abatishoboye cyane, kugira ngo ubutabera butavugwa gusa mu manza, buvugwe no mu bikorwa byuje impuhwe.
Ati “Twasanze Bagweneza atagikeneye imbabazi gusa, ahubwo akeneye intambwe ijya imbere. Twiyemeje kumuherekeza ku rugendo rw’ihumure, atazongera gusubira aho yavuye.”
Kamizikunze Anastase wa IBUKA, yashimye cyane urwo rwego. Yavuze ko ibikorwa nk’ibi bifasha abarokotse Jenoside kwumva ko batibagiranye.
Ati “Inka si amata gusa ahubwo ni icyizere, ni igisubizo cy’amaso ashonje, ni itara mu mwijima w’agahinda.”
Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu Karere ka Gicumbi, Mbonyintwari Jean Marie Vianney, yavuze ko ubufasha DASSO itanga bufite ireme, kandi bushingiye ku gukemura ibibazo aho biri.
Mu gihembwe kiri imbere, DASSO izafasha abandi bana b’abakobwa batandatu babyariye iwabo bagacikiriza amashuri, ndetse n’abandi batandatu bazahabwa ibikoresho by’ishuri. Ibi bikorwa byose ni intambwe igaragaza ko u Rwanda rwigira, rufasha abaruwe n’agahinda guhindurirwa amateka.
Nsengimana Donatien |Ijambo.net
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show