English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Bugesera FC yasinyishije habineza Fils François ku masezerano y’imyaka Itatu.

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko yasinyishije Habineza Fils François, wakiniraga Etoile de l’Est, ku masezerano y’imyaka itatu. Iyi kipe ibarizwa mu cyiciro cya mbere mu Rwanda ibitangaje mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryo muri Mutarama 2025 riri kugana ku musozo, aho rifunga saa yine z’ijoro kuri uyu wa Gatanu.

Habineza abaye umukinnyi wa gatatu mushya wiyongereye muri Bugesera FC muri iyi mpeshyi y’igura n’igurisha, nyuma ya myugariro Eric Ngendahimana watijwe na AS Kigali kugeza umwaka w’imikino urangiye na Dushimimana Eric, wakiniraga La Jeunesse, wasinye amasezerano y’imyaka ine.

Hari kandi icyizere ko iyi kipe ishobora kongeramo rutahizamu ukomoka muri Nigeria, umaze igihe mu igeragezwa.

Bugesera FC, iri ku mwanya wa 16 nyuma y’imikino ibanza ya shampiyona, izatangira imikino yo kwishyura yakirwa na AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium ku wa 8 Gashyantare 2025 saa cyenda zuzuye. Ni umukino uzaba ari ingenzi cyane kuri iyi kipe ishaka kwitwara neza mu gice cya kabiri cya shampiyona.



Izindi nkuru wasoma

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Abeddy Biramahire.

Bugesera FC yasinyishije habineza Fils François ku masezerano y’imyaka Itatu.

APR FC mu mpinduka zikomeye: Godwin Odibo arasezerewe, Chidiebere mu gihirahiro cy’amasezerano.

Erling Haaland yongeye amasezerano azamugeza muri 2034 nk’umukinnyi wa Manchester City.

Perezida wa Sena Dr. Kalinda François Xavier, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Turukiya.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-31 18:01:10 CAT
Yasuwe: 6


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Bugesera-FC-yasinyishije-habineza-Fils-Franois-ku-masezerano-yimyaka-Itatu.php