English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Boris Johnson yemereye Ukraine izindi nkunga mu bya gisirikare

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, mu ruzinduko yagiriye muri Ukraine, yahuye na Perezida w’iki gihugu, Volodymyr Zelenskiy, kuri uyu wa Gatatu mu gihe yifatanya na cyo mu kwizihiza Umunsi w’Ubwigenge. Yacyijeje ko u Bwongereza buzagitera inkunga mu bya gisirikare izafasha mu guhangana n’u Burusiya.

Iyo nkunga ya miliyoni 54 z’ama-pound, izaba igizwe na drone 2000 n’amasasu kabuhariwe ibyo yahamije ko bizafasha Ukraine kwihagararaho no kkurwanya ingabo z’u Burusiya nk’uko byatangajwe na Reuters.

Ati “U Bwongereza buzakomeza gushyigikira inshuti zacu z’Abanya-Ukraine. Nizeye ko Ukraine ishobora kandi izatsinda iyi ntambara.”

Boris Johnson yatangaje ibi mu gihe asigaranye ibyumweru bitageze kuri bibiri ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, bitewe n’uko aherutse kweguzwa kugeza ubu hakaba hari gushakishwa ugomba kumusimbura.

Abakandida babiri bagomba kuzavamo umusimbura ni umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga, Liz Truss na Rishi Sunak wahoze ari Minisitiri w’Imari. Na bo biyemeje kuzakomeza gufasha Ukraine.

Ibyavuye mu ihiganwa ku muntu uzasimbura Boris Johnson bizatangazwa ku wa 5 Nzeri uyu mwaka.

Truss kuri uyu wa Gatatu yavuze ko azashyigikira Ukraine cyane naramuka abaye Minisitiri w’Intebe.

Ni ku nshuro ya gatatu Boris Johnson agiriye uruzinduko muri Ukraine kuva intambara irwana n’u Burusiya itangiye muri Gashyantare uyu mwaka.

Uru ruzinduko rw’uyu munsi ni urwa nyuma ari kuri uyu mwanya wa Minisitiri w’Intebe.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo Donald Trump yasabye Ukraine bigiye guhindura isura y’Intambara

Putin yanditse amateka i Alaska mu rugendo rwa mbere muri Amerika kuva intambara ya Ukraine yatangir

M23 yatangaje ko Ikeneye Igisirikare Gishya, ntiyifuza kwinjira mu nzego za Leta ya Kinshasa

Uburayi Bwafashe Umwanzuro Ukomeye ku Gisirikare — Ese niki kigiye gukurikiraho?

Kabila mu Rukiko rwa Gisirikare: Urubanza Rudasanzwe Rugiye Guhindura Politiki ya Congo



Author: Ndahimana Jean Pierre Published: 2022-08-19 16:30:41 CAT
Yasuwe: 146


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Boris-Johnson-yemereye-Ukraine-izindi-nkunga-mu-bya-gisirikare.php