Amerika igiye kohereza itsinda ry'indege z'intambara zo gufasha Israel guhangana na Iran
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko ziteguye kohereza indege z’intambara mu Burasirazuba bwo hagati, kugira ngo zizafashe Israel mu gihe yaba igabweho ibitero na Iran.
Amerika ifashe iki cyemezo nyuma y’iminsi mike Iran itangaje ko yiteguye guhorera Ismail Haniyeh wari Umuyobozi Mukuru wa Hamas mu bijyanye na politike, wiciwe i Tehran, mu gitero bivugwa ko cyagabwe na Israel.
Minisiteri y’Ingabo muri Amerika yatangaje ko izohereza Itsinda ry’indege z’intambara mu Burasirazuba bwo hagati, mu kuburizamo uyu mugambi wa Iran.
Uretse izi ndege, Minisitiri w’Ingabo muri Amerika, Lloyd Austin, yanavuze ko igihugu cye cyiteguye kongera umubare w’ikoranabuhanga rihanura ibisasu bya missile risanzwe riri muri iki gice.
Kugeza ubu kandi Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa byamaze gusaba abaturage babyo kuva muri Liban kuko iki gihugu gishobora kwibasirwa n’intambara cyangwa umutekano muke.
Ni ikibazo gishobora guturuka ku mutwe wa Hezbollah ukorera muri Liban wamaze gutangaza ko witeguye kwifatanya na Hamas mu bikorwa byo gukorera umuyobozi wayo. Mu gihe ibi byashyirwa mu bikorwa Israel nayo ishobora gufata icyemezo cyo kurasa Hezbollah muri Liban.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show