English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Amakuru agezweho i Rwamagana: Abagororwa bakuye amenyo umupolisi.

Abagororwa bafungiye muri gereza ya Rwamagana biravugwa ko kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo bahanganye n’abasirikare ndetse n’abapolisi bari bagiye kubasaka, umwe muri bo bamukura amenyo.

Ni amakuru kugeza ubu Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora (RCS) rutaremeza, gusa rwemera ko isaka ryabayeho muri gereza zitandukanye zo hirya no hino mu gihugu.

RCS ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko "None ku wa 16/11/2024, mu magororero atanu ya RCS habaye isaka rusange hagamijwe gusohoramo ibitemewe byose byaba birimo."

Uru rwego rwakomeje rusobanura ko amagororero yasatswe arimo iya Rwamagana, Muhanga, Huye, Nyamagabe na Bugesera.

Mu bitemewe RCS ivuga ko byafashwe harimo urumogi, telefoni, inzoga z’inkorano, packmaya (imisemburo), ibyuma by’ibicurano n’ibindi.

Nsengimana Donatien.



Izindi nkuru wasoma

RIB yihanangirije Ibitangazamakuru n’Imbuga Nkoranyambaga byamamariza abatekamutwe

Umubiri wa Jean Lambert Gatare wagejejwe mu Rwanda: Itangazamakuru ryabuze Intwari

Sobanukirwa ibigwi n’amateka by’umunyamakuru Jean Lambert Gatare witabye Imana

Kenya: Umunyamakuru yasazwe mu rugo yapfuye

Marioo uri mu bagezweho mu karere ategerejwe i Kigali



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-11-16 17:12:28 CAT
Yasuwe: 114


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Amakuru-agezweho-i-Rwamagana-Abagororwa-bakuye-amenyo-umupolisi.php