Amajyaruguru: Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 27 bakekwaho ubujura bw’amatungo
Mu bikorwa byo kurwanya ubujura bw’amatungo, Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 27 bakekwaho ubu bujura, barimo abafatanwe inka, ihene, intama ndetse n’inkwavu. Aba bose bafatiwe mu turere dutandukanye tw’Intara y’Amajyaruguru hagati y’itariki 10 na 14 Werurwe 2025, nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage babangamiwe n’icyaha cy’ubujura bw’amatungo.
Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, aba bakekwaho ubujura bamaze igihe bakora ibikorwa byangiza imibereho y’abaturage, aho bitwikira ijoro bakiba amatungo mu biraro bakayajyana akaburirwa irengero.
Yagize ati “Polisi y’u Rwanda ntizihanganira na rimwe ubujura ubwo ari bwo bwose, harimo n’ubw’amatungo. Dukomeje ibikorwa byo gukumira ibyaha nk’ibi kandi tugashishikariza ababikora kubireka, kuko ingaruka zabyo ni mbi.’’
Yakomeje asaba abaturage gukomeza gufatanya n’inzego z’umutekano, batanga amakuru ku gihe no kwitabira amarondo, kuko ubujura bw’amatungo bukunze gukorerwa nijoro.
Abakekwaho ubu bujura bafashwe hirya no hino mu Ntara y’Amajyaruguru, aho ni:
1 Mu Karere ka Gicumbi: Hafashwe abantu 9 bakekwaho ubujura, bafatanwa inka 3, ihene 3 n’intama 1.
2 Mu Karere ka Burera: Hafatiwe abantu 6 bafatanwe inka 6, intama 1 n’inkwavu 4.
3 Mu Karere ka Gakenke: Hafashwe abantu 7 bakekwaho ubujura bw’intama 3.
4 Mu Karere ka Rulindo: Hafashwe abantu 4 bakekwaho kwiba amatungo.
5 Mu Karere ka Musanze: Hafashwe umuntu umwe ukekwaho ubujura bw’amatungo.
Amatungo yose yafashwe yasubijwe ba nyirayo, naho abakekwaho ubujura bo bafungiye kuri sitasiyo za Polisi zitandukanye, aho bagikorerwaho iperereza.
SP Mwiseneza yagarutse ku kamaro ko kwigisha no gukangurira abakekwaho ibyaha guhindura imyitwarire.
Yagize ati: “Iyo abantu bamenyekanye hakiri kare barigishwa, bakaburirwa ku ngaruka z’ibyo bakora, bakaba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha.”
Yasabye kandi abaturage bose kwirinda ibikorwa byo kwiba, ahubwo bagashishikarira imirimo ibateza imbere mu buryo bwemewe n’amategeko.
Iki gikorwa kigaragaza umuhate wa Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ubujura bw’amatungo, ikomeje gukorana n’abaturage mu guhashya ibyaha bibangamira umutekano n’iterambere ry’igihugu.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show