English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abasirikare 50 barimo na ba Ofisiye ba RDF basoje amasomo muri Uganda

Ku wa Kane tariki ya 27 Kamena ba Ofisiye ba RDF Maj Gen Maj Corneille Ntaganira na Maj JDD Nkubiri,bahawe impamyabumenyi mu ishuri rikuru ryo kuyobora n'abakozi(Senior Command and Staff College) rya Uganda riherereye i Kimaka muri Uganda. 

Ni umuhango witabiriwe na Brig Gen Andrew Nyamvumba,Umuyobozi w'ishuri nk'iri ry'igisirikare cy'u Rwanda, ndetse na Comdt RDFCSC,Attache militaire muri ambasade y'u Rwanda Col Ruzindana na Lt Col B Mpamira ukuriye abakozi muri DRF Command and Staff Collage.

Minisitiri w'ingabo wa Uganda Hon.Sarah Mateke Nyirabashitsi,ubwo yari ayoboye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku basirikare bakuru 50 mu mu cyiciro cya 19/23-24 mu Ishuri rikuru rya Command and Staff Collage (SCSC) Kimaka mu mujyi wa Jinja,yavuze ko kwigira hamwe kw'ibisirikare by'igihugu bitandukanye  by'inshuti byongera imyumvire imwe mu guhangana n'ibibazo mpuzamahanga n'ibyaha byambukiranya imipaka.

Minisitiri kandi yavuze ko yishimira ejo hazaza ha Uganda mu bijyanye n'umutekano hashingiwe ku kuba bafite uburyo bwo gukemura ibibazo bishya by'umutekano bifatika kandi bigaragara.

Yakomeje agira ati"Minisiteri y'ingabo ishinzwe gushaka ubushobozi bwo guhangana n'ibibazo bya gisirikare ndetse n'ibitari ibya gisirikare kandi ihuza imikorere n'amahanga n'ubushobozi bw'abakozi bwo gukorera hakurya y'imipaka hagamijwe amahoro n'ituze.

Yashimiye kandi uruhare rw'umutekano mu kuzamura ubukungu n'iterambere Ati" Umutekano ni inkingi y'ingenzi y'iterambere igomba kubungabunga kugirango ijyane n'ibibazo by'umutekano buhinduka.

Abahawe impamyabumenyi bagizwe n’abasirikare bakuru baturutse mu Burundi, Kenya, Malawi, u Rwanda, Afurika y’Epfo, Sudani y’Epfo, Tanzaniya, ndetse n’igihugu cyakiriye, Uganda.



Izindi nkuru wasoma

ITANGAZO RYA CYAMUNAYA Y'IMITUNGO ITIMUKANWA IHEREREYE GASABO MURI KIGALI

ITANGAZO RYA CYAMUNAYA Y'IMITUNGO ITIMUKANWA IHEREREYE GASABO MURI KIGALI

Abasirikare 50 barimo na ba Ofisiye ba RDF basoje amasomo muri Uganda

Davido yakoze ubukwe bw'amateka bwitabwirwa n'abarimo Perezida(Amafoto)

Nyanza:Ntabwo bumva impamvu bazaburana muri 2027 kandi barafashwe muri 2023



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-06-28 10:51:17 CAT
Yasuwe: 32


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abasirikare-50-barimo-na-ba-Ofisiye-ba-RDF-basoje-amasomo-muri-Uganda.php