English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Davido yakoze ubukwe bw'amateka bwitabwirwa n'abarimo Perezida(Amafoto) 

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, David Adedeji Adeleke OON ‘Davido’ yakoze ubukwe na Chioma Rowland bamaze imyaka itandatu bakundana bakaba baranabyaranye abana batatu barimo umwe wapfuye.

Ni ubukwe bwabereye i Lagos, itariki ya 25 Kamena 2024, bwitabirwa n’ibyamamare n’abanyapolitiki barimo n’uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo.

Impamvu ubu bukwe bwagarutsweho cyane biterwa no kuba bwarahurije hamwe abahanzi barimo Asake, Patoranking, abagize itsinda rya P Sqaure, Don Jazzy n’abandi basangiye umwuga na Davido.

Hari kandi bamwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya Super Eagles barimo Jay Jay Okocha wakanyujijeho muri ruhago n’abazwi ku mbuga nkoranyambaga batandukanye.

Nyuma y’uko Davido na Chioma bakoze ubukwe bafashe indege bajya mu kwezi kwa buki.

 



Izindi nkuru wasoma

Ibyaranze ubukwe bwa Musengamana BĂ©atha wamenyekanye mu ndirimbo Azabatsinda Kagame.

Umuhanzi Bebe Cool yashimiye Bbi Wine kubera igikorwa cy’indashyikirwa yakoze.

Masita yakoze ikindi gikorwa cy’agatangaza , nyuma yo gutsindira isoko ryo kwambika Amavubi.

Umuhanzikazi Spice Diana yanyomoje amakuru yavugaga ko yakoranye ubukwe n’Umugande.

Umuhanzi Da Rest uzwi mu ndirimbo ziganjemo iz’urukundo, agiye gukora ubukwe.



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-06-28 09:42:26 CAT
Yasuwe: 340


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/-Davido-yakoze-ubukwe-bwamateka-bwitabwirwa-nabarimo-PerezidaAmafoto-.php