Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC mu nama igamije gushakira umuti ibibazo bya Congo
Kuri uyu wa Mbere, Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) barakorana Inama ya Kabiri ihuriweho igamije kurebera hamwe uko hakemurwa ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Iyi nama iraba hifashishijwe iyakure (virtual) iyobowe na Perezida wa Kenya William Ruto, unayoboye EAC, hamwe na Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa, unayoboye SADC. Ni inama ikurikira iyabaye ku rwego rw’Abaminisitiri ku itariki ya 17 Werurwe 2025 i Harare muri Zimbabwe, aho hakusanyijwe icyegeranyo kigomba kuganirwaho n’abakuru b’ibihugu.
Ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC bikomeje gutera impungenge ibihugu bituranye n’iki gihugu ndetse n’akarere kose muri rusange. Muri iyi nama, Abakuru b’Ibihugu baraganira ku cyakorwa kugira ngo imiryango ya EAC na SADC ifatanye mu gushaka umuti w’iki kibazo, nyuma y’uko imitwe y’inyeshyamba ikomeje imirwano n’ingabo za Leta ya Congo mu bice bya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
Ubusanzwe, EAC yari yarohereje Ingabo zayo (EACRF) muri RDC ariko zigahura n’imbogamizi nyuma y'uko ubutegetsi bwa Kinshasa bwatangaje ko budashaka gukomeza gukorana nazo. Uyu mwanzuro wakurikiwe no kwinjira kw’ingabo za SADC (SADC Mission in DRC – SAMIDRC), aho ubu arizo ziri gufasha ingabo za Leta ya RDC mu mirwano ihangayikishije abaturage benshi.
Mu gihe ibihugu bigize EAC na SADC bifite inzego zitandukanye zishinzwe kugarura amahoro muri RDC, iyi nama iratanga icyizere cyo kurebera hamwe uburyo bwo gukorera hamwe mu gushaka umuti urambye w’iki kibazo cy’umutekano.
Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu bazarebera hamwe ibyavuye mu Nama y’Abaminisitiri yabaye i Harare, barebe uko habaho ubufatanye hagati y’izi mpande zombi, ndetse bemeze imyanzuro y’ibikwiye gukorwa kugira ngo umutekano urusheho kugaruka.
Ni ubwa kabiri aba bayobozi bahuriye mu nama nk’iyi, aho iya mbere yabaye mu mwaka wa 2023. Ni igikorwa cyerekana ubushake bwo gukomeza ubufatanye hagati y’iyi miryango yombi mu kurwanya ibibazo by’umutekano muke bikomeje gukaza umurego mu burasirazuba bwa Congo.
Ubusabe bw’uko hakwiye kubaho igisubizo kirambye ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa RDC ni kimwe mu bikomeje kugarukwaho cyane muri iyi minsi, haba mu biganiro mpuzamahanga ndetse no mu nama zitandukanye. Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za EAC na SADC ishobora kugira uruhare rukomeye mu guhuza ingufu za politiki n’iza gisirikare mu kurandura imitwe yitwaje intwaro muri RDC no gukemura impamvu z’ingenzi zituma iki kibazo gikomeza.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show