English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abagaburirwaga na Kivu zombi batangiye guhumeka insigane muri Kinshasa

Gufunga ikibuga cy’indege cya Goma, kuva umujyi wafatwa na M23 mu mpera za Mutarama, byahagaritse iyoherezwa ry’ibiribwa n’ibindi bicuruzwa biva muri Kivu y’Amajyaruguru bijya mu murwa mukuru wa Congo.

Abatuye Kinshasa basanzwe batunzwe n’ibiribwa biva muri Kivu bahatiwe guhindura imirire yabo kuko ibicuruzwa hafi ya byose byabuze ku masoko.

Nk’uko bitangazwa na Deutsche Welle, gufunga Ikibuga cy’indege cya Goma, kuva umujyi wafatwa na M23 mu mpera za Mutarama, byagize ingaruka ku ruhererekane rwose rw’ibicuruzwa hagati ya Kivu na Kinshasa.

Ibiciro by’ibiribwa bimwe na bimwe byaratumbagiye hejuru nyuma yo kurangiza ibyari mu bubiko kandi ibigo bimwe bigemurira amasoko mato byabaye ngombwa ko bifunga.



Izindi nkuru wasoma

Nyuma y’igihe arembeye muri Amerika, agiye gutungurana mu gitaramo gikomeye i Kampala

Igisa n’impinduramatwara muri UPDF: Gen Muhoozi atangiye guhiga bukware abasirikare b’ibisambo

Leta ya DRC yambuye M23 Uduce Umunani muri Kivu y’Amajyepfo: Uko urugamba rwagenze

Urumuri Rutazima Rwatsinze Umwijima – Musenyeri Kambanda ahumuriza abarokotse Jenoside

AU yirukanye intumwa ya Israel muri Ethiopia mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-04-04 19:17:58 CAT
Yasuwe: 54


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abagaburirwaga-na-Kivu-zombi-batangiye-guhumeka-insigane-muri-Kinshasa.php