English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ni igitaramo giteganyijwe kuba kuwa 3 Ukuboza 2022, aho azahurira ku rubyiniro n’Umurundi Yvan Muziki mu gitaramo kiswe Kidezember Concert.

Abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga nka Instagram, Marina yavuze ko azaba ari igitaramo cy’akataraboneka ndetse ko bazatanga ibyishimo afatanyije na Yvan Muziki, ati “Igitaramo cyanjye cya mbere i Dubai hazashya.”

Iki gitaramo cyiswe Kidezember Concert, kizabera ahitwa Lotus kuri Grand Hotel mu mujyi wa Dubai.

Marina ni umwe mu bahanzikazi nyarwanda bahagaze neza, aheruka gushyira hanze indirimbo Ok ari kumwe na Li John. Kuri ubu akaba akorera ibikorwa bye bya muzika muri The Mane, yakoze indirimbo zinyuranye zakunzwe nka Shawe, Brigade, Byarara Bibaye, Log Out, Decision n’izindi.

Yvan Muziki ni umuhanzi w’Umurundi uri mu bagezweho muri EAC no hanze yayo, yakoranye indirimo n’abahanzi banyuranye hano mu Rwanda nka Urban Boys “Nkumbuye Cherie”, Byabihe yakoranye na Auncle Austin, yakoranye kandi na Bruce Melody na Bushali.

Afitanye kandi indirimbo na Marina ndetse na Masamba mu gihe umuhanzi nyarwanda baheruka gukorana ari Dj Pius, bakoranye iyitwa “Nyash”.

yanditswe na Bwiza Divine



Izindi nkuru wasoma

Amahano ateye ubwoba yabereye mu gitaramo cya Hip-Hop: Abantu 59 bapfuye, 118 barakomereka

Lionel Sentore utegerejwe mu gitaramo kimbaturamugabo yageze i Kigali

Igitaramo kimbaturamugabo cyari kuzaba ku munsi wo gutangira icyunamo mu Rwanda cyahagaritswe

Makoma yagarutse mu Muziki nyuma y’imyaka 21: Igitaramo gikomeye i Paris n’Album nshya

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu bitabiriye igitaramo cya John Legend.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2022-11-28 17:53:54 CAT
Yasuwe: 431


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/-Yvan-Muziki-na-Marina-bategerejwe-mu-gitaramo-i-Dubai--.php