English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Urakoze Papa Paul Kagame- Umuhanzi Jose Chameleone.

Jose Chameleone umwe mu bahanzi bubashywe mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba by’umwihariko iwabo muri Uganda, yashimiye Perezida Paul Kagame ubwo yitabiraga inama ihuriweho ya EAC na SADC.

Uyu muhanzi anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze yashyizeho amafoto ya Perezida Kagame ayakurikiza ubutumwa bugira buti “Urakoze Papa Paul Kagame.”

Nyuma y’ubu butumwa kandi yongeyeho amabendera y’u Rwanda, Uganda, Tanzania na Kenya.

Mu minsi yashize kandi Jose Chameleone na bwo yikije  ku Rwanda, ubwo yashyiraga hanze amafoto agaragara ari i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, ubwo yari afite imyaka 17.

Ati “Njyewe w’imyaka 17, i Nyamirambo mu Rwanda. Njyewe w’imyaka 47, i Sudbury muri USA.

Uyu muhanzi ukomoka muri Uganda imyaka ye ya mbere mu muziki yabaye i Kigali mu Rwanda igihe kitari gito.

Jose Chameleone ubu ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yagiye kwivuriza, biteganyijwe ko azagaruka iwabo muri Uganda muri Mata 2025.



Izindi nkuru wasoma

Joseph Kabila yagarutse ku mutekano wa Congo

Byinshi kuri Paul Pogba wemererwa kugaruka mu mupira w’amaguru.

Ibihugu bikomeye byungukira mu mutungo wa Congo - Perezida Paul Kagame

Umuhanzi Elijah Kitaka yahakanye ibyo kuba umutinganyi, ahishura ikintu gitangaje ku bagore.

Umuhanzikazi Bwiza yavuze icyo bisobanuye kuba yarahuriye ku rubyiniro na John Legend.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-08 16:14:52 CAT
Yasuwe: 137


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Urakoze-Papa-Paul-Kagame-Umuhanzi-Jose-Chameleone.php