English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyamakuru ukomeye muri Siporo yibarutse.

Nyuma y’imyaka itanu bibarutse imfura yabo, umunyamakuru w’imikino kuri B&B Kigali FM, Nsengiyumva Siddick, n’umugore we Uwera Denise, bongeye kwibaruka. Uyu mwana w’umukobwa, witwa Ineza Nsengiyumva Malika, yavutse mu mpera z’icyumweru gishize ku Bitaro Bikuru byo kwa Nyirinkwaya.

Ineza yaje asanga umuvandimwe we mukuru, Imena Kirenga Aayan, ufite imyaka itanu. Umuryango wa Nsengiyumva wakiranye ibyishimo uyu mwana mushya, aho inshuti n’abavandimwe bakomeje kubifuriza urugendo rwiza nk’umuryango wagutse.

Nsengiyumva Siddick ni umwe mu banyamakuru bazwi cyane mu gisata cy’imikino mu Rwanda. Yatangiye umwuga w’itangazamakuru kuri Voice of Africa, nyuma akomereza kuri RadioTV10, ubu akaba akorera B&B Kigali FM.

Uyu munyamakuru n’umuryango we bakomeje kwakira ubutumwa bw’ishimwe n’ubwifuriza ineza kuri uyu mwana mushya wibarutse.



Izindi nkuru wasoma

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC, yagize ibyo avuga

Bugingo Hakim yerekeje muri APR FC nyuma yo kwigaragaza muri Rayon Sports

Benitha, Valentine, Prince na Gloire biteguye guhangana n’ibihangange bya Afurika muri Maroc

Uko impanuka yo muri Ngororero yongeye kugaragaza uburangare nyuma yo gukomerekeramo 4

Habuze iki ngo APR FC itwarwe umukinnyi ukomeye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-26 08:48:19 CAT
Yasuwe: 296


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyamakuru-ukomeye-muri-Siporo-yibarutse-imfura-ya-kabiri.php