English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umukinnyi ukomeye wari witezwe muri APR FC yasinyiye Esperance De Tunis

Rutahizamu w'umunya-Burkina Faso, Jack Pantoulou Diarra, yasinye muri Esperance Sportive De Tunis.

Kuwa Gatanu tariki 13 Kamena 2025, nibwo Jack Pantoulou Diarra w'imyaka 18, yasinye amasezerano y'imyaka 3 muri Esperance Sportive De Tunis yo mu gihugu cya Tunisia.

Uyu musore ukiri muto yari amaze icyumweru avugwa muri APR FC yifuzaga rutahizamu ukomeye ukina aciye ku ruhande.

Nkuko byatangajwe na ES De Tunis, ivuga ko uyu musore yasinye amasezerano y'imyaka 3. Jack Diarra asanzwe akina nka rutahizamu wo ku ruhande rw'ibumoso ariko ushobora no gukina iburyo kuko akunda gukinisha akaguru k'iburyo.

Jack Pantoulou Diarra wavutse tariki 16 Mutarama 2006, yari amaze igihe muri Salitas Football School y'iwabo muri Burkina Faso. Uyu musore ureshya na Metero imwe na Sentimetero 74, amakuru ahari avuga ko we na APR FC ibiganiro bitangenze neza bahitamo kubivamo.



Izindi nkuru wasoma

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE KAMUBUGA MURI GAKENKE

Abofisiye bato 1029 bahawe amapeti, Brian Kagame n'umwe muri bo”

Ingabo z’u Rwanda muri MINUSCA zohereje impano y’ubumenyi ku banyeshuri ba Lycée Buganda

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREREYE CYUVE MURI MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'IMITUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE BUGESHI MURI RUBAVU



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-06-14 07:48:32 CAT
Yasuwe: 230


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umukinnyi-ukomeye-wari-witezwe-muri-APR-FC-yasinyiye-Esperance-De-Tunis.php