English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuhanzi Edouce Softman yatumiwe mu iserukiramuco rishya muri Kenya

 

Umuhanzi w’Umunyarwanda Edouce Softman yatumiwe mu iserukiramuco ‘Amahoro Festival’ rigiye kubera muri Kenya, akazahurira ku rubyiniro n’abahanzi barimo Kidum n’itsinda ry’abarundi bazwiho ubuhanga mu kuvuza ingoma.

Uretse aba bahanzi bamaze gutangazwa nk’abahagarariye u Rwanda n’u Burundi, byitezwe ko mu minsi iri imbere abategura iri serukiramuco rigiye kuba bwa mbere, bazatangaza abandi bahanzi barimo n’umunyarwenya Eric Omondi.

Edouce yavuze ko yakiriye ubutumire bwo kwitabira iri serukiramuco kuko mu baritegura n’ubusanzwe harimo Umunyarwanda wari uzi umuziki we bityo ngo aba ari we ahitamo gutumira.

Ati « Njye nagiye kubona mbona barantumiye, wenda ntekereza ko byatewe n’uko umwe mu baritegura ari umunyarwanda uzi neza umuziki wanjye, bityo ahitamo ko natarama muri iri serukiramuco. »

Byitezwe ko Edouce azatarama muri iri serukiramuco rizaba tariki 26 Ugushyingo 2021.

Ku bijyanye n’umuziki we, Edouce yavuze ko kimwe n’abandi banyarwanda icyorezo cya Covid-19 hari ingaruka cyagize ku buhanzi bwe, icyakora ahamya ko mu minsi iri imbere hari indirimbo yitegura gusohora.

 



Izindi nkuru wasoma

Bugingo Hakim yerekeje muri APR FC nyuma yo kwigaragaza muri Rayon Sports

Benitha, Valentine, Prince na Gloire biteguye guhangana n’ibihangange bya Afurika muri Maroc

Uko impanuka yo muri Ngororero yongeye kugaragaza uburangare nyuma yo gukomerekeramo 4

Volleyball: Amakipe yo muri Uganda na Kenya mu yazitabira irushanwa ryo kwibuka

Urubyiruko ruzwi nk ‘Aba-Gen Z’ muri Kenya rwongeye guhangana na Polisi



Author: Yves Iyaremye Published: 2021-10-07 13:57:50 CAT
Yasuwe: 619


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuhanzi-Edouce-Softman-yatumiwe-mu-iserukiramuco-rishya-muri-Kenya.php