English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuhanzi Bebe Cool yashimiye  Bbi Wine kubera igikorwa cy’indashyikirwa yakoze.

Umuhanzi wo muri Uganda Bebe Cool yashimiye mugenzi we  Bbi Wine kuba yaratumye urubyiruko rwinshi rw’Abagande binjira muri Politike.

Bebe Cool avuga ko kuba Bobi Wine yarinjiye muri Politike ari muto, byatumye abandi bakiri bato nabo bagira umuhate wo kwinjira mu nzira za Politike.

Ati “Umuvandimwe wanjye Bobi Wine yerekanye umuhate mu kazi ke kandi abikora neza ku buryo byabereye inzira nziza abakiri bato bashaka kwinjira muri plitike.”

Icyakora asaba urubyiruko ruri kwinjira mu miyoborere, guhitamo imiyoborere myiza ibereye rubanda kuko ari cyo kibazo abanyafurika bafite.

Kuri ubu Bobi Wine ni Umuyobozi w’ishyaka rya National Unity Platform (NUP) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, aho yabaye n’Umudepite akaza no guhatanira kuba Perezida ariko ntahirwe.



Izindi nkuru wasoma

Rubavu: Abaturage baratakambira ubuyobozi kubera ibiro by’Akagari bituma bahora bajarajara

Hatangijwe igikorwa cyo gushakisha umurambo umaze iminsi ibiri mu rugomero rwa Bishya.

Umuhanzi Elijah Kitaka yahakanye ibyo kuba umutinganyi, ahishura ikintu gitangaje ku bagore.

Umuhanzikazi Bwiza yavuze icyo bisobanuye kuba yarahuriye ku rubyiniro na John Legend.

Hemejwe urupfu rw’umuhanzi w’imyaka 4 y’amavuko Ashna Lweri.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-13 22:20:57 CAT
Yasuwe: 138


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuhanzi-Bebe-Cool-yashimiye--Bbi-Wine-kubera-igikorwa-cyindashyikirwa-yakoze.php