English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

USA: Umuraperi Lil Durk ari mu bihe bitoroshye muri gereza.

Umuraperi w’umunyamerika Lil Durk, yisanze mu bihe bitoroshye nyuma yo gushinjwa kurenga ku mategeko muri gereza afungiyemo.

Lil Durk utegereje kuburana ku birego by’ubwicanyi aregwa, arashinjwa gukoresha telefone kugira ngo avugane n’abantu bo hanze ya gereza mu buryo butemewe.

Ibi ni bimwe mu bisobanuro byatanzwe n’ubushinjacyaha, basobanura imyitwarire ya Lil Durk yo kudakurikiza amategeko ya gereza nk’impamvu yo kwanga ingwate arimo gutanga ngo aburane ari hanze ya gereza.

Uru rubanza rusa nk’aho rukomeje kuba ingorabahizi, kandi ibyo yakoze bishobora kugira ingaruka ku kwiregura kwe ku byo aregwa.

Lil Durk ashinjwa uruhare mu rupfu rw’uwitwa Stephon Mack mu 2022 wari umwe mu bagize agatsiko k’amabandi i Chiacago, aho kuri ubu afungiye muri Metropolitan Detention Center (MDC) i Los Angeles.



Izindi nkuru wasoma

Twibukiranye ibihe by’ingenzi byariranze Tour du Rwanda kuva ryatangira n’abaryegukanye.

U Rwanda rusaba RDC gushyigikira inzira z’amahoro muri Congo. Ibyo Amb. Ernest yeretse Loni.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Mbappé yatsinze hat-trick, Real Madrid isezerera Manchester City muri Champions League.

RDC: Abasirikare n’Abasivili basaga 500 barekuwe muri gereza ya Mulunge mu gihe M23 isatira Uvira.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-21 10:25:37 CAT
Yasuwe: 108


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/USA-Umuraperi-Lil-Durk-ari-mu-bihe-bitoroshye-muri-gereza.php