English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

USA: Umuraperi Lil Durk ari mu bihe bitoroshye muri gereza.

Umuraperi w’umunyamerika Lil Durk, yisanze mu bihe bitoroshye nyuma yo gushinjwa kurenga ku mategeko muri gereza afungiyemo.

Lil Durk utegereje kuburana ku birego by’ubwicanyi aregwa, arashinjwa gukoresha telefone kugira ngo avugane n’abantu bo hanze ya gereza mu buryo butemewe.

Ibi ni bimwe mu bisobanuro byatanzwe n’ubushinjacyaha, basobanura imyitwarire ya Lil Durk yo kudakurikiza amategeko ya gereza nk’impamvu yo kwanga ingwate arimo gutanga ngo aburane ari hanze ya gereza.

Uru rubanza rusa nk’aho rukomeje kuba ingorabahizi, kandi ibyo yakoze bishobora kugira ingaruka ku kwiregura kwe ku byo aregwa.

Lil Durk ashinjwa uruhare mu rupfu rw’uwitwa Stephon Mack mu 2022 wari umwe mu bagize agatsiko k’amabandi i Chiacago, aho kuri ubu afungiye muri Metropolitan Detention Center (MDC) i Los Angeles.



Izindi nkuru wasoma

Umugore yatawe muri yombi azira guteme umugabo we

M23 ikomeje gufata ibice byo muri Teritwari ya Walikale ku muvuduko udasanzwe

Nyaruguru: Abayobozi babiri b’Akarere batawe muri yombi, Menya impamvu

Havumbuwe ibihugu 20 bishaka kohereza ingabo zidasazwe muri Ukraine

Trump yasinye itegeko rikuraho Minisiteri y'Uburezi muri Amerika



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-21 10:25:37 CAT
Yasuwe: 154


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/USA-Umuraperi-Lil-Durk-ari-mu-bihe-bitoroshye-muri-gereza.php