English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

USA: Umuhanzikazi Nicki Minaj ukekwaho gukubita yasabiwe gutabwa muri yombi.

Polisi yo mu mujyi wa Detroit muri Michigan muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yasabye uburenganzira Ubushinjacyaha kugira ngo ite muri yombi Nicki Minaj ukurikiranweho gukubita Umujyanama we.

Nicki Minaj ashinjwa  n’uwahoze ari umujyanama we, Brandon Garret, kumukubita mu bitaramo aherutse gukora yise ‘Pink Friday 2’.

Brandon Garret yatanze ikirego mu rukiko tariki ya 03 Mutarama 2025 amushinja kumukubita ubwo bari mu mujyi wa Detroit i Michigan muri Mata 2024.

Uyu Brandon yatanze ikirego avuga ko Nicki Minaj yamukubise urushyi nyuma yo kumubwira amagambo yamukomerekeje amaranganutima.

Mu kirego cye TMZ yabonye kopi, avuga ko Nicki Minaj yahise amusiga muri uyu mujyi yanze ko batahana mu modoka yari yabazanye, nyamara we avuga ko nta bushobozi yari afite bwo kwirwanaho.

Kuri ubu urukiko ruri gusuzuma ubusabe bwa Polisi ngo barebe niba imiterere y’ikirego yatuma Nicki Minaj yatabwa muri yombi.



Izindi nkuru wasoma

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho kwica umugore we akoresheje isuka.

U Rwanda rusaba RDC gushyigikira inzira z’amahoro muri Congo. Ibyo Amb. Ernest yeretse Loni.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Mbappé yatsinze hat-trick, Real Madrid isezerera Manchester City muri Champions League.

RDC: Abasirikare n’Abasivili basaga 500 barekuwe muri gereza ya Mulunge mu gihe M23 isatira Uvira.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-05 17:51:47 CAT
Yasuwe: 116


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/USA-Umuhanzikazi-Nicki-Minaj-ukekwaho-gukubita-yasabiwe-gutabwa-muri-yombi.php