Trump yatangaje intambara ya gatatu y'isi mu gihe Kamala Harris yaba atsinze amatora
Donald Trump yavuze ko Kamala Harris bashobora guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu aramutse atsinze byaganisha ku Ntambara ya gatatu y’Isi mu gihe cya vuba.
Ni ingingo Trump yagarutseho ku wa Gatanu 26 Nyakanga 2024, mu biganiro byamuhuje na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.
Uyu mugabo yavuze ko aramutse atorewe kongera kuyobora Amerika intambara ya Israel na Hamas yarangira vuba.
Yakomeje avuga ko Kamala Harris atorewe kuyobora Amerika abantu baba begereje Intambara ya Gatatu y’Isi kurenza ikindi gihe.
Ati “Nituramuka tudatsinze, muzabona intambara nyinshi mu Burasirazuba bwo Hagati, ndetse n’Intambara ya Gatatu y’Isi irashoboka. Mwegereye Intambara ya Gatatu y’Isi kurenza ikindi gihe icyo aricyo cyose kuva Intambara ya Kabiri y’Isi yarangira. Turayikozaho imitwe y’intoki kubera abantu badashoboye bayoboye iki gihugu.”
Donald Trump amaze igihe avuga ko iyo aza kuba ari Perezida intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine itari kuvuka.
Uyu mugabo atangaje ibi mu gihe yamaze kwemezwa n’ishyaka rye ry’Aba-Républicains ko ariwe uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Ni mu gihe ku ruhande rw’Aba-démocrates Kamala Harris ari mu buhabwa amahirwe, nyuma y’uko Joe Biden atangaje ko atazongera kwiyamamaza.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show