Transfer ya Marcus Rashford muri Barcelona yajemo kidobya
Manchester United irimo kuvugwa cyane mu bikorwa byinshi ku isoko ry'igura n'igurisha ry’abakinnyi muri iyi mpeshyi, aho ubu bamaze gusinyisha Matheus Cunha, mu gihe Jadon Sancho ari mu bakinnyi biteganyijwe ko bazagenda.
Manchester United irimo guhindura byinshi cyane iyobowe na Ruben Amorim muri iyi mpeshyi, nyuma y’umwaka mubi kurusha iyindi mu mateka yabo ya Premier League bagize mu mwaka w'imikino wa 2024-2025.
Uyu mwaka w'imikino ushize warangiye bari ku mwanya wa 15 mu makipe 20 akina Shampiyona y'ikiciro cyambere mu bwongereza, banabura amahirwe yo gukina Champions League nyuma yo gutsindwa na Tottenham ku mukino wa nyuma wa Europa League.
Jonny Evans, Christian Eriksen, na Victor Lindelof bamaze gutandukana kubuntu n'iyi kipe ikinira kuri Old Trafford, mu gihe bikekwa ko Jadon Sancho, Marcus Rashford, Alejandro Garnacho, Antony, na Tyrell Malacia bazagurishwa.
United imaze gutanga miliyoni £62.5 igura Matheus Cunha wakiniraga Wolves, ndetse bari no mu biganiro byo kugura umukinnyi wa Brentford Bryan Mbeumo, aho bongereye amafaranga y’igitangaza arenga £60m.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show