English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Cyril Ramaphosa yageze muriTanzania aho yitabiriye inama idasazwe.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yerekeje muri Tanzania aho yitabiriye inama ihuje abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Iyi nama igamije gushaka umuti urambye w’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

Ibibazo by'umutekano muke byibasiye aka gace byatewe n’imitwe yitwaje intwaro irimo M23, itavugwaho rumwe n’igihugu cya Congo n’akarere. Inama igamije kurebera hamwe uko imbaraga z’uturere twombi zakwifashishwa mu kugarura amahoro arambye muri DRC.

Afurika y’Epfo, nk’umwe mu bayobozi ba SADC, ifite uruhare rukomeye mu rugamba rwo kugarura umutekano, mu gihe EAC nayo iri mu butumwa bw’ingabo mu Burasirazuba bwa Congo.

Abayobozi b’ibi bihugu barashaka gushyira imbere ibiganiro no gufata ingamba zihamye zizatuma abaturage ba DRC babona amahoro arambye nyuma y’imyaka myinshi y’amakimbirane.



Izindi nkuru wasoma

Uruhare rwa Siporo mu buzima bw'abagore batwite: Inama z'Inzobere.

Minisitiri Suminwa yahagarariye Perezida Tshisekedi mu nama yo gushakira umuti igihugu cyabo.

Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya EAC na SADC yiga ku bibazo bya Congo.

Perezida Tshisekedi yatinye inama i Dar es Salaam, yohereza Minisitiri w’Intebe.

Perezida Cyril Ramaphosa yageze muriTanzania aho yitabiriye inama idasazwe.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-08 09:37:52 CAT
Yasuwe: 16


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Cyril-Ramaphosa-yageze-muriTanzania-aho-yitabiriye-inama-idasazwe.php