English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kutumvikana mu Bucuruzi n’Ubukungu byatumye inama ya G20 itarangira ku mwanzuro rusange.

Inama y’abaminisitiri b’imari n’abakuru ba banki nkuru mu bihugu 20 bikize kurusha ibindi ku Isi (G20), yabereye i Capetown muri Afurika y’Epfo, yarangiye hadatangajwe itangazo rihuriweho n’ibihugu byose.

Afurika y’Epfo, yakiriye iyi nama, yasohoye incamake y’ibyaganiriweho, ishimangira ko ibihugu bihuriye muri G20 bikwiye gushyigikira ubucuruzi budaheza, butavangura, kandi bwubahiriza amategeko. Nyamara, kutumvikana kw’ibihugu bikomeye byatumye hataboneka itangazo rusange risoza iyi nama.

Minisitiri w’Imari w’Afurika y’Epfo, Enoch Godongwana, yavuze ko bitashimishije kubona ibihugu bidashobora kugera ku mwanzuro rusange, nk’uko byari byitezwe.

Iyi nama yaranzwe n’ibura ry’intumwa z’ibihugu by’ingenzi birimo Amerika, u Bushinwa, u Buhinde, n’u Buyapani, ndetse n’amakuru y’uko hari inkunga ishobora guhagarikwa kuri Afurika y’Epfo. Ibibazo bikomeye byagarutsweho muri iyi nama birimo:

·         Ukutumvikana mu bucuruzi no muri politiki mpuzamahanga,

·         Intambara iri kubera muri Ukraine,

·         Uburyo bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Uku kutumvikana hagati y’ibihugu bikomeye bishimangira uko isi ihanganye n’ibibazo bikomeye bya politiki n’ubukungu bishobora kugira ingaruka ku bukungu mpuzamahanga.



Izindi nkuru wasoma

Ahandi barahana: Icyatumye TSS Nyanza ifata umwanzuro wo kwirukana burundu abanyeshuri 16

Nta bafana ku kibuga! Umwanzuro ku mukino wa Bugesera FC na Rayon Sports FC

FERWAFA igiye gufata umwanzuro ku mukino wahuje Rayon Sports na Bugesera FC

Amerika n’u Bushinwa mu nzira nshya y’ubucuruzi: Ese intambara y’imisoro irarangiye burundu?

Nigeria yatangaje icyatumye ifata umwanzuro wo gukuraho buruse z’abiga mu mahanga



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-28 09:46:35 CAT
Yasuwe: 96


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Kutumvikana-mu-Bucuruzi-nUbukungu-byatumye-inama-ya-G20-itarangira-ku-mwanzuro-rusange.php