English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kufunga Mukanda no Gukora Cyane: Perezida Kagame yatanze umurongo w’ubukungu bw’Igihugu

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda gukomeza kurwanya abashaka kubasubiza mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, no gukora cyane mu rwego rwo kwitegura kuziba icyuho cy’ibihano mpuzamahanga bikomeje gufatirwa u Rwanda.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Abanyarwanda barenga ibihumbi umunani bahagarariye abandi, cyane cyane abatuye mu Mujyi wa Kigali, aho yabashimiye icyizere bamugiriye bongera kumutora muri manda ye nshya yatangiye mu mwaka wa 2024.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rugenda ruregwa uruhare mu ntambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibihano by’amahanga bikagenda bifatwa, nyamara rukomeza gusobanura ko rudafite aho ruhuriye n’iyo ntambara yatangiye muri 2022. Yagarutse ku kibazo cy’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, aho bamwe bisanze mu bihugu by’abaturanyi nyuma y’iyishyirwaho ry’imipaka ku buryo budakwiye.

Yagize ati: “Abashaka kwirukana abo bantu muri Congo bagombye no kubaha ubutaka bwabo batuyeho, kuko biri mu burenganzira bwabo. Iyo utabubahaye, baraburwanira.”

Yagarutse ku buryo imitwe y’inyeshyamba, irimo n’iyagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ikomeje guhabwa rugari ndetse amahanga akayishingikirizaho mu bibazo by’umutekano muri aka karere.

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kugira umuco wo kwizirika umukanda mu rwego rwo gukomeza kwiteza imbere, bakora cyane mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubuhinzi, ubworozi, ibikorwa remezo, n’iterambere rusange.

Ati: “Biraza kutuvuna, biradusaba icyo bita mu Giswahili ‘kufunga mukanda’, ni ukwitegura inzara kugira ngo ipantaro wambaye itagwa kubera ko washonje.”

Yongeyeho ko ibihano mpuzamahanga bidakwiye gutuma u Rwanda rusubira inyuma, ahubwo bikwiye kuba imbarutso yo gukomeza gukora cyane no kwigira.

Umukuru w’Igihugu yagarutse ku buryo amahanga ahora afata u Rwanda nk’Igihugu kigomba guhora gicungirwa hafi, bamwe bakakigaragariza ubufatanye bucagase, ariko ntibazuyaze kukirekura igihe bibonaniye.

Ati: “Bagufasha ukuboko kumwe, ariko ukundi bakagukoresha bakwangiza ibyo wagezeho. Niyo mpamvu tudashobora kwirara, tugomba gukomeza gukora cyane, tukubaka ubukungu bwacu n’ahazaza h’abana bacu.”

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kuba maso, bakarwanya abashaka gusubiza igihugu mu mateka mabi, kandi bagaharanira kwigira binyuze mu gukora cyane.



Izindi nkuru wasoma

Perezida Tshisekedi yemeye ibiganiro na M23: Impinduka mu mvugo ye?

Kufunga Mukanda no Gukora Cyane: Perezida Kagame yatanze umurongo w’ubukungu bw’Igihugu

Amateka, Ubukoloni n’ubushotoranyi: Icyo Kagame avuga ku Bubiligi n’Uburasirazuba bwa Congo

Impamvu zihishe inyuma y'icyaha cyo gukorana Imibonano Mpuzabitsina n'Ifarashi mu Bwongereza

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Brig Gen Gashugi, amugira Umuyobozi w’Ingabo zidasanzwe



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-03-16 14:33:49 CAT
Yasuwe: 20


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Kufunga-Mukanda-no-Gukora-Cyane-Perezida-Kagame-yatanze-umurongo-wubukungu-bwIgihugu.php