Kigali: Uko amakariso n’amasutiye byambawe biri kugurwa nk’isukari i Kimisagara
Mu Murenge wa Kimisagara, mu Karere ka Nyarugenge, haragaragara isoko ryihishe inyuma y’isoko rikuru rya Kimisagara, rikomeje gukurura impaka n’impungenge mu batuye agace ka Nyamirambo, Nyakabanda na Kimisagara ubwaho. Iri soko ricuruza imyenda n’inkweto byambawe, harimo n’amakariso n’amasutiye, ibintu benshi batumva uburyo bishobora gucururizwa mu ruhame.
Abakorera muri iri soko bamaze igihe bashinjwa kugurisha ibintu byibwe. Abaturage bo bavuga ko ari ho hagezwa ibintu byinshi byibwa mu ngo cyangwa aho baba babyanitse ngo byumuke. By’umwihariko, bavuga ko hari n'abatinyuka gusaba abaturage imyenda ishaje ngo bayigure, ariko mu by’ukuri baba bagamije kwiba.
Mu rwego rwo guhashya ibyo birego, bamwe mu bacururiza muri iri soko bashinze Koperative yitwa Socove Ltd, bavuga ko bo bacuruza mu buryo bwemewe n’amategeko. Umuyobozi wayo, Elie Sinibagiwe, avuga ko batagura ibijurano, ahubwo bagura ku bantu basobanukiwe n’amategeko, bakabasaba ibyangombwa byabo kandi bakabaha inyemezabwishyu.
Ati: “Turagura imyenda n’inkweto byambawe, harimo n’amakariso n’amasutiye, ariko tugakora ibishoboka byose ngo tumenye inkomoko yabyo. Dushyiramo imiti mbere yo kubicuruza kandi dutanga 30% nk’imisoro.”
Nubwo abacuruzi bemeza ko ibyo bakora ari ibinyuze mu mategeko, bamwe mu baturage bavuga ko ibikorwa byabo bidakwiye kwihanganirwa. Byumvuhore Damascene, umwe mu batuye hafi y’iryo soko, yagize ati: “Ni gute umuntu agurisha ikariso yambawe? Aha niho Isi igeze? Ubwo se ntibazahandurira indwara zose?”
Mukandori Aurore, nawe utuye hafi y’iryo soko, ashimangira ko ubu nta muntu ukigira icyizere cyo gusiga imyenda ku mugozi ngo imuke: “Uwasize ikanzu ku mugozi arayibura mu kanya. Bayijyana mu isoko riri ruguru y’isoko rya Kimisagara.”
Mu gihe bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze barimo n’Umunyamabanga w’Umusigire wa Kimisagara, Ufiteyezu Jean Damascene, banze kugira icyo batangaza kuri ibi bibazo by’abaturage, bamwe mu bacuruzi bisabiye ko inzego zishinzwe umutekano zakoherezwa mu isoko ritemewe ribakikije, kuko ari ryo rikekwaho ubucuruzi bw’ibijurano.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show