English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Jose Chameleone arembeye mu bitaro mbere yuko aza gutaramira i Kigali.

Abakunzi b’umuziki muri Uganda bahangayikishijwe bikomeye n’ubuzima bwa Jose Chameleone uri mu bahanzi bakomeye muri icyo gihugu, ukomeje kugaragaza intege nke z’umubiri cyane ko amaze iminsi yisanga mu bitaro bya hato na hato.

Ku wa 12 Ukuboza 2024 nibwo hasohotse amakuru y’uko Jose Chameleone yajyanywe mu bitaro bya Nakasero, nk’uko bigaragara mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, akaba yahise yakirwa n’itsinda ry’abaganga bagombaga kumwitaho.

Amakuru dukesha  IGIHE nuko uyu muhanzi yaraye mu bitaro mu gihe iby’uburwayi bwe bikomeje kugirwa ibanga.

Nubwo nta makuru menshi aravugwa ku burwayi bwe, ahari avuga Jose Chameleone yabanje kurembera mu rugo abanza kwitabwaho atarajya kwa muganga.

Nyuma yo kubona ko ibyo kumwitaho ari mu rugo ntacyo biri gutanga, nibwo umuryango we ndetse n’inshuti za hafi bafashe icyemezo cyo kumwihutana kwa muganga.

Jose Chameleone ategerejwe mu gitaramo kigomba kubera muri Kigali Universe ku wa 3 Mutarama 2024.



Izindi nkuru wasoma

Sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi - Chryso ugiye kongera gutaramira imbaga kuri Pasika

Arteta yitabaje Pep Guardiola mbere yo gukura Real Madrid mu irushanwa: ‘Nari ngiye kumushimira’

Rayon Sports mu Gihirahiro: Robertinho na Mazimpaka bahagaritswe mbere y’urugamba na Mukura VS

Nyuma y’igihe arembeye muri Amerika, agiye gutungurana mu gitaramo gikomeye i Kampala

Tanzani: Umunyapolitiki Tundu ari mu mazi abira mbere y’amatora ya 2025



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-14 13:26:27 CAT
Yasuwe: 203


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Jose-Chameleone-arembeye-mu-bitaro-mbere-yuko-aza-gutaramira-i-Kigali.php