Isreal yabohoje abantu bane mu gitero gisa n'icyo yagabye muri Uganda hapfa abantu 200
Abantu bane bari barashimuswe n’umutwe wa Hamas umwaka ushize babohowe n’ingabo za Israel zibavanye hagati muri Gaza, hari mu gitero cyamaze ibyumweru byinshi gitegurwa.
Ku baturage ba Israel byabaye ibyishimo bikomeye no kwiruhutsa , Ku banya-Palestine byazanye akaga kurushaho, aho ibitaro bivuga ko abantu babarirwa muri za mirongo barimo abana bishwe mu gitero cy’ahantu hatuwe cyane mu nkambi ya Nuserirat.
Iki gitero cyiswe “Imbuto z’Impeshyi”, mu buryo budasanzwe cyakozwe ku manywa ingabo za Israel zivuga ko ibi byafashije gutungura abatewe.
Umwe mu bakomando ba Israel yakomerekeye muri icyo gitero nyuma apfira kwa muganga, nk’uko polisi ya Israel yabitangaje.
Byari nk’igitero cya Entebbe” ni ko Rear Admiral Daniel Hagari umuvugizi w’igisirikare cya Israel yavuze abigereranya n’igitero ingabo za Israel zagabye muri Uganda mu 1976 zikabohora abantu 100 bari bafashwe bugwate.
Bagendeye ku makuru y’ubutasi, nyuma yo kwinjira muri Gaza bavuye muri Israel, Hagari yavuze ko abakomando bo mu itsinda ridasanzwe icya rimwe bateye inzu ebyiri za ‘apartments’ aho abo bashimuswe bari bafungiye.
Abashimuswe babohojwe barimo Noa Argamani w’imyaka 26 ,Shlomi Ziv w'imyaka 41, Andrey Kozlov w'imyaka 27 na Almog Meir Jan w'imyaka 22.
Hagari yavuze ko bari bafungiranye mu byumba bigoswe n’abarinzi.
Yavuze ko abakomando ba Israel, nyuma yo gukoresha imbaraga bakinjira, bafashe za mbohe bakazihambiraho kugira ngo babashe kuzisohora zitarashwe, mbere yo kubinjiza mu modoka za gisirikare zari zibategereje hanze.
Mu kugenda ni bwo barashweho cyane n’abarwanyi b’abanye-Palestine.
Hagari yavuze ko igisirikare cya Israel cyateguye iki gitero kibanje kwita kuri buri kantu kose, ndetse bakoresheje ibimeze nka ziriya nyubako ebyiri mu kwitoza uko igitero kizakorwa.
Leta zunze ubumwe za Amerika zafashije Israel mu kuyiha amakuru y’ubutasi kuri iki gitero, nk’uko ikinyamakuru CBS News cyo muri Amerika kibivuga.
Amashusho ya telephone ngendanwa yerekana abantu basimbukira mu bwihisho nyuma y’uko ibisasu bya misile byituye aho, n’amasasu y’imbunda agatangira guturika impande zose.Andi mashusho nyuma yerekanye imirambo irambaraye mu muhanda.
Biboneka neza ko iki gitero cyakoreshwemo imbaraga nyinshi cyane. Abaganga ku bitaro bibiri byo hagati muri Gaza bavuga ko babaze imirambo irenga 70.
Hagari agereranya ko abapfuye bari munsi ya 100, mu gihe Hamas yatangaje hapfuye abantu barenga 200.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show