English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Israel Mbonyi yageze muri Kenya aho afite igitaramo cy’imbaturamugabo muri iri joro.

Umuhanzi ukunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi na bagenzi be bamaze kugera i Nairobi muri kenya aho afite igitaramo kuri uyu wa 31 Ukuboza 2024.

Ni gitaramo cyiswe ‘Churchill Show Cross Over 2024’ kibera ahitwa KICC Grounds akaza kugihuriramo n’abandi bahanzi barimo Joel Lwaga, Christina Shusho na Eunice Njeri.

Israel Mbonyi wazamuye igikundiro ku batuye ibihugu bitandukanye byo muri aka Karere nyuma y’uko atangiye gukora indirimbo nyinshi ziri mu Giswahili, ategerejwe kuri uyu wa Gatandatu n’Abanyakenya batari bake.

Urukundo rw’Abanyakenya kuri uyu muhanzi barumugaragarije binyuze ku muyoboro wa YouTube, nyuma y’uko ashyize hanze indirimbo ’Nina Siri’ ikaza kuba imwe mu zikunzwe kurusha izindi muri icyo Gihugu ndetse ikaba yaraje ku mwanya Mbere aho yayoboye izirimo ’Enjoy’ ya Diamond na Jux iyikurikira n’izindi nyinshi muri Nyakanga 2024.

Mbere yo guhaguruka i Kanombe, yabijiwe icyo yabwira Abanya-Kenya bamutegereje, avuga ko nawe abategereje cyane mu gitaramo, kandi baza bagafatanya gusoza umwaka bishimana.

 



Izindi nkuru wasoma

Abofisiye bato 1029 bahawe amapeti, Brian Kagame n'umwe muri bo”

Ingabo z’u Rwanda muri MINUSCA zohereje impano y’ubumenyi ku banyeshuri ba Lycée Buganda

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREREYE CYUVE MURI MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'IMITUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE BUGESHI MURI RUBAVU

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'IMITUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE BUGESHI MURI RUBAVU



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-31 12:40:30 CAT
Yasuwe: 475


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Israel-Mbonyi-yageze-muri-Kenya-aho-afite-igitaramo-cyimbaturamugabo-muri-iri-joro.php