English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Israel Mbonyi yageze muri Kenya aho afite igitaramo cy’imbaturamugabo muri iri joro.

Umuhanzi ukunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi na bagenzi be bamaze kugera i Nairobi muri kenya aho afite igitaramo kuri uyu wa 31 Ukuboza 2024.

Ni gitaramo cyiswe ‘Churchill Show Cross Over 2024’ kibera ahitwa KICC Grounds akaza kugihuriramo n’abandi bahanzi barimo Joel Lwaga, Christina Shusho na Eunice Njeri.

Israel Mbonyi wazamuye igikundiro ku batuye ibihugu bitandukanye byo muri aka Karere nyuma y’uko atangiye gukora indirimbo nyinshi ziri mu Giswahili, ategerejwe kuri uyu wa Gatandatu n’Abanyakenya batari bake.

Urukundo rw’Abanyakenya kuri uyu muhanzi barumugaragarije binyuze ku muyoboro wa YouTube, nyuma y’uko ashyize hanze indirimbo ’Nina Siri’ ikaza kuba imwe mu zikunzwe kurusha izindi muri icyo Gihugu ndetse ikaba yaraje ku mwanya Mbere aho yayoboye izirimo ’Enjoy’ ya Diamond na Jux iyikurikira n’izindi nyinshi muri Nyakanga 2024.

Mbere yo guhaguruka i Kanombe, yabijiwe icyo yabwira Abanya-Kenya bamutegereje, avuga ko nawe abategereje cyane mu gitaramo, kandi baza bagafatanya gusoza umwaka bishimana.

 



Izindi nkuru wasoma

Hatangajwe igikekwa ku mibare y’Abanya-Kenya bishwe nabi

Umugore yatawe muri yombi azira guteme umugabo we

M23 ikomeje gufata ibice byo muri Teritwari ya Walikale ku muvuduko udasanzwe

Volleyball: Amakipe yombi ya APR VC yageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka

Nyaruguru: Abayobozi babiri b’Akarere batawe muri yombi, Menya impamvu



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-31 12:40:30 CAT
Yasuwe: 152


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Israel-Mbonyi-yageze-muri-Kenya-aho-afite-igitaramo-cyimbaturamugabo-muri-iri-joro.php