English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ingabo za Hezbollah zarashe ibisasu byinshi bya rocket muri Israel.

Inyeshyamba za Hezbollah zarashe mu gihugu cya Israel  ibisasu byinshi  byo mu bwoko bwa rocket  aho zabirashe mu Majyaruguru ya Israel.

Iki gitero bagabye ni kimwe mu bitero bikomeye uyu mutwe wagabye kuva wakwinjira mu ntambara yeruye n’Ingabo za Israel.

Amakuru dukesha BBC avuga ko iki gitero cyagabwe mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Ugushyingo 2024, bituma benshi mu baturage baramukira ku mpuruza ibasaba guhungira ahabugenewe mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’iki gitero.

Leta ya Israel yatangaje ko ibisasu byinshi byarashwe byafashwe, icyakora yongeraho ko hari n’ibyabashije kugera ku butaka ariko ku bw’amahirwe, byinshi byaguye ahantu hatari abantu, bituma ingaruka zabyo bitaba mbi cyane ku baturage.

Nsengimana Donatien.



Izindi nkuru wasoma

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE KAMUBUGA MURI GAKENKE

Abofisiye bato 1029 bahawe amapeti, Brian Kagame n'umwe muri bo”

Ingabo z’u Rwanda muri MINUSCA zohereje impano y’ubumenyi ku banyeshuri ba Lycée Buganda

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREREYE CYUVE MURI MUSANZE

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y'IMITUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE BUGESHI MURI RUBAVU



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-11-02 09:20:31 CAT
Yasuwe: 388


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ingabo-za-Hezbollah-zarashe-ibisasu-byinshi-bya-rocket-muri-Israel.php