English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Igisirikare cy’u Burusiya cyatangaje ko cyahanuye indege ya Ukraine, cyinivugana ingabo 410.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko abasirikare b’iki gihugu bahanuye indege y’intambara ya Ukraine yo mu bwoko bwa MiG-29.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa 5 Mutarama 2025, iyi Minisiteri yasobanuye kandi ko ingabo za Ukraine zatakaje abasirikare barenga 410 n’imodoka z’intambara zirimo Leopard ebyiri zakorewe mu Budage n’itwara abasirikare ya M113, yakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yagize iti “Ibitero 17 by’ingabo za Ukraine byasubijwe inyuma. Umwanzi yatakaje abasirikare barenga 410, ibifaru biri bya Leopald byakorewe mu Budage, imodoka eshatu z’imitamenwa zifashishwa mu bwikorezi zirimo M113 yakorewe muri Amerika.”

MiG-29 Ukraine yahawe ni izo yahawe n’ibihugu byo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi kuva muri Gashyantare 2022 ubwo u Burusiya bwayishozagaho intambara.

Inyinshi yazihawe na Pologne mu 2023, ndetse iki gihugu cyateguje ko mu gihe cyakwakira F-35 cyatumije muri Amerika, kizatanga n’izindi gisirigaranye.



Izindi nkuru wasoma

Ingabo z’u Rwanda ziri muri UNMISS zambitswe imidali y’ishimwe ku bw’ubutwari n’ubwitange

FARDC izasenywa, ARC nizo zizaba Ingabo zonyine za Congo - Corneille Nangaa

Imirwano ikaze Ituri: Ingabo za Uganda zikomeje kwica iza CODECO urusorongo

Gen Muhoozi yaganiriye n’abanyeshuri ba Nyakinama ku cyerekezo cy’umutekano wa Afurika

Havumbuwe ibihugu 20 bishaka kohereza ingabo zidasazwe muri Ukraine



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-06 09:28:54 CAT
Yasuwe: 78


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Igisirikare-cyu-Burusiya-cyatangaje-ko-cyahanuye-indege-ya-Ukraine-cyinivugana-ingabo-410.php