English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

 

Icyamamare JB Mpiana kirashinjwa gufata ku ngufu umubyinnyi

Umuhanzi w’icyamamare gikomoka muri DRC Jean Bedel Mpiana wamamaye ku izina rya JB Mpiana arashinjwa gufata ku ngufu umubyinnyi we.

Uyu muhanzi kuri ubu ntabwo yorohewe nyuma yo gushinjwa gufata ku ngufu Brunette ubarizwa mu tsinda rye Wenge BCBG wagezemo afite imyaka 11.

Uyu mukobwa ushinja JB Mpiana kumufata yinjiye mu tsinda rye mu mwaka wa 2005 ariko nyuma y’imyaka 4 gusa batangye kugirana umubano wihariye.

Brunette avuga ko byatangiye bagirana umubano usanzwe ariko biza kugenda bihindura isura.

Yaragize ati:”naramwubahaga nk’umukoresha ariko bigenda bihinduka,ku myaka 15 nibwo twaje gukundana kugeza tubyaranye umwana akiyemeza kumubera se.”

JB Mpiana ubwo yamaraga kumenya ko yamuteye inda ngo yamusabye kumugirira ibanga.

Brunette avuga ko yabyaye umwana akajya kumureresha kwa mukuru we ibintu byamugizeho ingaruka nyinshi zirimo n’ibikomere.

Ntabwo Brunette yari yemerewe gusura umwana we kuri ubu wujuje imyaka 9.

JB Mpiana yahakanye ibyaha ashinjwa byaje kumenyekana kubera isezerano yari yaremereye Brunette ryo kuzamujyana I Burayi ariko ntaryubahirize bigatuma uyu mukobwa abitangariza ibitangazamakuru.

 

 

 

 



Izindi nkuru wasoma

M23 irakurikizaho iki nyuma yo gufata no kugenzura umujyi wa Goma muri DRC.

Uko icyamamarekazi Ariana Grande cyageze mu Ruhando rwa Oscars.

Yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibice by’umurambo w’umugore we mu gikapu.

Abasore bakekwaho gufata ku ngufu no kwica urubozo umuturage barashwe barimo gutoroka.

Nyagatare na Kayonza: Bane bashyikirijwe Polisi nyuma yo gufatanywa litiro 1 250 za kanyanga.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-02-25 09:05:47 CAT
Yasuwe: 343


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Icyamamare-JB-Mpiana-kirashinjwa-gufata-ku-ngufu-umubyinnyi.php