English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

 

Icyamamare JB Mpiana kirashinjwa gufata ku ngufu umubyinnyi

Umuhanzi w’icyamamare gikomoka muri DRC Jean Bedel Mpiana wamamaye ku izina rya JB Mpiana arashinjwa gufata ku ngufu umubyinnyi we.

Uyu muhanzi kuri ubu ntabwo yorohewe nyuma yo gushinjwa gufata ku ngufu Brunette ubarizwa mu tsinda rye Wenge BCBG wagezemo afite imyaka 11.

Uyu mukobwa ushinja JB Mpiana kumufata yinjiye mu tsinda rye mu mwaka wa 2005 ariko nyuma y’imyaka 4 gusa batangye kugirana umubano wihariye.

Brunette avuga ko byatangiye bagirana umubano usanzwe ariko biza kugenda bihindura isura.

Yaragize ati:”naramwubahaga nk’umukoresha ariko bigenda bihinduka,ku myaka 15 nibwo twaje gukundana kugeza tubyaranye umwana akiyemeza kumubera se.”

JB Mpiana ubwo yamaraga kumenya ko yamuteye inda ngo yamusabye kumugirira ibanga.

Brunette avuga ko yabyaye umwana akajya kumureresha kwa mukuru we ibintu byamugizeho ingaruka nyinshi zirimo n’ibikomere.

Ntabwo Brunette yari yemerewe gusura umwana we kuri ubu wujuje imyaka 9.

JB Mpiana yahakanye ibyaha ashinjwa byaje kumenyekana kubera isezerano yari yaremereye Brunette ryo kuzamujyana I Burayi ariko ntaryubahirize bigatuma uyu mukobwa abitangariza ibitangazamakuru.

 

 

 

 



Izindi nkuru wasoma

Gen Muhoozi yasabye M23 gufata Kisangani vuba cyangwa UPDF ikabikora

M23 ikomeje gufata ibice byo muri Teritwari ya Walikale ku muvuduko udasanzwe

Gukangurira Abagore n’Urubyiruko gufata Inguzanyo: Icyerekezo gishya ku Bukungu bw’u Rwanda

Rugaju Reagan: Uko ibyo yatekerezaga nk’inzozi byahindutse umwuga wamugize icyamamare

Icyoba ni cyose kuri Tshisekedi uteze amaboko, mu gihe M23 ikomeje gufata imijyi minini ya RDC.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-02-25 09:05:47 CAT
Yasuwe: 386


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Icyamamare-JB-Mpiana-kirashinjwa-gufata-ku-ngufu-umubyinnyi.php