Ibigo bya Leta bibyara inyungu byasabwe gufatira isomo ku bigo byikorera
Impuguke mu bukungu zisanga kugira ngo ishoramari rya leta ryunguke, abahabwa inshingano zo kuricunga bakwiye kugira imyumvire yo guharanira inyungu nk'uko bikorwa mu bigo by'igenga.
Komisiyo y'Iterambere ry'Ubukungu n'Imari muri Sena y’u Rwanda yagaragaje ko ibigo Leta ishoramo imari bitera intambwe igana mu kunguka gusa ngo hakenewe gukomeza gusuzuma, gukurikirana no kugira inama buri kigo kugira ngo kinoze imikorere yacyo, kigere ku ntego.
Isesengura rya Komisiyo y'Iterambere ry'Ubukungu n'Imari muri Sena kuri Raporo y'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya leta y'umwaka warangiye tariki 30 Kamena 2023 ku bigo bya leta bikora ishoramari, igaragaza ko bimwe mu muri ibyo bigo byagize ibibazo mu kubona inyungu, kubona amafaranga yo gukoresha (liquidity) no kwishyura imyenda.
Ibi kandi byiyongeraho ingorane zo kwishyura imyenda Leta yabifatiye bigiye gukora imishinga y’iterambere.
Iyo nguzanyo byafatiwe ikaba ingana na miliyari zisaga 275Frw.
Impuguke mu bukungu Straton Habyarimana na mugenzi we Teddy Kaberuka bavuga ko ishoramari leta ikora ku ruhande rumwe riba ritandukanye n'ishoramari ry'abikorera.
N'ubwo bimeze bityo ariko izi mpuguke mu bukungu zisanga abahabwa gucunga ibigo bya leta bikora ubucuruzi bakwiye kugira imyumvire yuko bacunga imari ikwiye kubyara inyungu nk'uko bikorwa ku bacunga imari y'abikorera.
Komisiyo y'Iterambere ry'Ubukungu n'Imari muri Sena yasanze hari ibigo bya leta bikora ishoramari bikomeje gutera intambwe nziza mu kunguka, gusa Senateri Nkusi Juvenali, Perezida w'iyo Komisiyo asanga hakwiye kongera imbaraga mu gukurikirana imikorere y'ikigo ku kindi hashingiwe ku mikorere yacyo.
Bimwe mu bigo nk'igishinzwe gukwirakwiza ingufu REG n'ibigishamikiyeho, NAEB na RTDA raporo y'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya leta y'umwaka warangiye tariki 30 Kamena 2023 ibigaragaza nk'ibikomeje gutera intambwe nziza kuko byabonye raporo nta makemwa mu kuzuza ibitabo by’ibaruramari no mu kubahiriza amategeko.
WASAC yo yateye intambwe ibona raporo yakwihanganirwa mu kubahiriza amategeko ariko mu kuzuza ibitabo by’ibaruramari iracyafite raporo igayitse.
Mu gihe Rwanda Polytechnics nta mpinduka yakoze muri 2022-2023 kuko ifite raporo yakwihanganirwa nk’uko byari bimeze mu 2021-2022.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show