English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Hatangijwe igikorwa cyo gushakisha umurambo umaze iminsi ibiri mu rugomero rwa Bishya.

Polisi y’u Rwanda ishinzwe umutekano wo mu mazi iri gushakisha umurambo umaze iminsi ibiri mu rugomero rwa Bishya, ruherereye mu karere ka Nyanza, mu murenge wa Rwabicuma, akagari ka Gacu, umudugudu wa Karehe.

Tariki ya 03 Werurwe 2025, mu rugomero rwa Bishya haguyemo umusore witwa Fulgence Ntakirutimana, wari ufite imyaka 22 y’amavuko.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko nyakwigendera, ubwo yavaga gusatuza imbaho i Busasamana, yageze ku rugomero rwa Bishya avuga ko izuba rimwishe, ajya koga maze arohama ubwo.

Kuri uyu wa 05 Werurwe 2025, hafashwe icyemezo cyo guhamagara Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, kugira ngo hashakishwe umurambo wa nyakwigendera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gacu, Manirafasha Faustin, yatangaje ko Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, rikomeje gushakisha umurambo wa nyakwigender.



Izindi nkuru wasoma

Hatangijwe igikorwa cyo gushakisha umurambo umaze iminsi ibiri mu rugomero rwa Bishya.

Gitifu ushinjwa gutsinsura ishyamba rya Leta, yongerewe igifungo cy’iminsi 30.

Imibiri y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo baguye mu mirwano muri RDC yagejejwe iwabo.

Umuhanzi Bebe Cool yashimiye Bbi Wine kubera igikorwa cy’indashyikirwa yakoze.

U Rwanda rwatangiye igikorwa cyo kubaka amashuri 30 y’icyitegererezo ku rwego rw’Isi.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-05 19:11:10 CAT
Yasuwe: 78


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Hatangijwe-igikorwa-cyo-gushakisha-umurambo-umaze-iminsi-ibiri-mu-rugomero-rwa-Bishya.php