English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Hamenyekanye icyatumye Kanye West akurwa ku rubuga rwa X.

Umuraperi w’icyamamare Kanye West, uzwi cyane ku izina rya Ye, yakuwe ku rubuga nkoranyambaga X (rwahoze rwitwa Twitter) nyuma yo gutangaza ubutumwa bwuzuyemo amagambo y’urwango ku Bayahudi, irondaruhu ndetse no kwibasira abagore. Ibi byatangajwe na Daily Mail, ivuga ko ubuyobozi bwa X bwafashe iki cyemezo nyuma y’uko Ye atangaje amagambo akomeye mu gihe umukino wa Super Bowl wari kuba ku Cyumweru, tariki 9 Gashyantare 2025.

Ye w’imyaka 47, yongeye kwibasira umuhanzi Taylor Swift, amusabira kutagaragara kuri televiziyo aririmba indirimbo Not Like Us ya Kendrick Lamar, ashinja iyi ndirimbo gusebya umwirabura mugenzi wabo, Drake. Uretse Swift, Ye yanashinje Kendrick Lamar kuba igikoresho cy’Abazungu n’Abayahudi, ibintu byakuruye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga.

Ubusanzwe, Ye na Taylor Swift bamaze imyaka myinshi mu makimbirane, kuva mu 2009 ubwo Kanye yamubangamiraga mu bihembo bya MTV Video Music Awards (VMA). Iyi ntambara yakomeje no mu 2016 ubwo Ye yasohoraga indirimbo Famous irimo amagambo asebya Swift.

Nubwo Taylor yavugaga ko atari azi iby’iyi ndirimbo, Kim Kardashian, wahoze ari umugore wa Kanye, yashyize hanze ikiganiro cya telefoni cyabo bombi cyagaragazaga ko Taylor yari azi iby’ayo magambo.

Nyuma y’aya magambo, Elon Musk, nyiri urubuga X, yatangaje ko konti ya Kanye West yafunzwe kubera imyitwarire ye idakwiye.

Ati: “Kubera ibyo yatangaje, konti ye ubu ifatwa nk’idakwiriye kubonwa n’abantu bose.”

Kanye West ntiyigeze abyakirana neza, kuko mbere yo gufungirwa konti ye, yasabye Elon Musk kutamubuza gukomeza gutangaza ibitekerezo bye. “Ndasaba Elon Musk ntamfungire konti,” ni amagambo ya nyuma Ye yanditse kuri X mbere yo gukurwa kuri uru rubuga.

Nubwo ubuyobozi bwa X bwemeje ko bwafunze konti ye, Milo Yiannopoulos, umujyanama wa Ye, yatangaje ko ari Kanye ubwe wahisemo guhagarika konti ye by’agateganyo. Ariko ubutumwa bwa Kanye bugaragaza ko yari azi ko ashobora gukurwa kuri uru rubuga igihe icyo ari cyo cyose.

Kanye West yavuze ko agiye gutangiza urubuga rwe rushya kuri Discord, aho azajya yandika ibyo ashaka atitaye ku mabwiriza y’imbuga nka X.



Izindi nkuru wasoma

Twibukiranye ibihe by’ingenzi byariranze Tour du Rwanda kuva ryatangira n’abaryegukanye.

Ibyaranze ubukwe bwa Musengamana BĂ©atha wamenyekanye mu ndirimbo Azabatsinda Kagame.

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho kwica umugore we akoresheje isuka.

Peace Cup: Hamenyekanye abasifuzi bazasifura imikino ya Rayon Sports na APR FC.

Volleyball: REG VC yegukanye intsinzi ikomeye, Gisagara VC irasuzugurwa cyane.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-10 12:55:54 CAT
Yasuwe: 56


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Hamenyekanye-icyatumye-Kanye-West-akurwa-ku-rubuga-rwa-X.php