Hagaragaye ikindi cyaha gishya kiregwa umuraperi Sean Diddy Combs.
Sean Diddy Combs yongeye kuregwa mu rukiko n’umugabo uvuga ko yakoreshejwe n’uyu muraperi igikorwa cyo kwinezeza mu birori yakoraga byiswe “Freak-Off”.
Uyu mugabo avuga ko yahuye na Diddy mu 2012 muri Florida. Agaragaza ko nyuma, yemeye kujya guhura na we muri hoteli Intercontinental i New York.
Avuga ko kigerayo yasanzeyo Diddy n’umugore atigeze avuga amazina, maze uyu muraperi amutegeka gukora imibonano mpuzabitsina yo mu kanwa iminota myinshi n’uwo mugore, ndetse anamukoreraho ibikorwa bimutesha agaciro.
Uyu mugabo wiswe John Doe yakomeje avuga ko Diddy yamuhaye ibiyobyabwenge binyuze mu mazi yari mu icupa cyangwa amavuta y’abana yamusize ku mubiri azwi nka ‘Baby Oli’, bikamutera kubura ubushobozi bwo kwigenzura agatakaza ubwenge.
Nyuma yaho, Diddy ngo yamukurikiye mu bwiherero amusambanya mu kibuno ku ngufu. Ndetse nyuma y’ibyo, ngo Diddy yamubwiye amagambo ateye ubwoba.
Mu yo yibuka harimo agira ati “Niba narashoboye gutuma umuraperi TuPac mu 1996 yicwa, wowe se utekereza ko ntashobora kukugirira nabi?’’
Itsinda ry’abanyamategeko ba Diddy ryahakanye ibi birego, rivuga ko ari ibinyoma.
Diddy kuva muri Nzeri 2024 afunze mu gihe ategereje urubanza ku byaha ashinjwa birimo gukoresha izina rye cyangwa igitinyiro agashora abantu mu busambanyi nyuma yo kubatera ubwoba, gusahura no gucuruza abantu mu bikorwa by’ubusambanyi. Ibyaha byose aregwa yarabihakanye.
Mu 2024, abacamanza batatu batandukanye banze ko arekurwa by’agateganyo kubera impungenge z’uko ashobora kugerageza kubangamira abatangabuhamya. Icyo gihe yanatanze ingwate ya miliyoni 50$ ziba iyanga.
Kuri ubu, afungiye muri Gereza ya Metropolitan Detention Center i Brooklyn, aho ategereje urubanza ruzatangira tariki 5 Gicurasi 2025.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show