English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

FARDC yongeye kugongana na M23

Igisirikare cya Leta ya Congo, kirashinja Umutwe wa M23 kudakura abasirikare bayo mu mu Mujyi wa Walikale no mu nkengero zawo, mu gihe M23 nayo ivuga ko iki gisirikare cya Leta nacyo gikomeje kubagabaho ibitero bya Drone.

Ku rukuta rwa X rw’umuvugizi wa AFC/M23 Lawrence Kanyuka,  yanyujijeho ubutumwa bugaragaza ko izi ngabo za DRC zitubahirije ibyo bari bitangarije byo kutongera kubashotora, ibi bikaba byaravugiwe kuri Televiziyo y’Igihugu ya Congo RTNC mu mpera z’icyumweru dusoje, ko nta bitero bizongera kugabwa kuri aba barwanyi.

Icyo gihe umuvugizi wa FARDC Maj. Gen Sylvain Ekenge, yavuze ko  kugaba ibitero kuri M23 bitazongera anasaba ko na Wazalendo yabihagarika.

Kanyuka avuga ko ngo kuba  FARDC itavana drone z’intambara i Walikale, biri mu bishobora guteza inzitizi zo kutubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano bityo bikabangamira gahunda y’amahoro yari isanzweho.

Agaragaza ko rero kuba hagikomeje ibitero by’izo drone , ari igisobanuro cy’uko M23 nayo igomba kuba ikiri muri uyu mujyi



Izindi nkuru wasoma

Uko impanuka yo muri Ngororero yongeye kugaragaza uburangare nyuma yo gukomerekeramo 4

COVID-19 yongeye kugaragara mu Rwanda

Cristiano Ronaldo yongeye gukora andi amateka nyuma yo kwegukana igikombe

Hari abashobora no gukurikiranwa!- RMC yongeye kwihanangiriza abanyamakuru ba Siporo

Cristiano Ronaldo yongeye kuyobora urutonde rw’abakinnyi b’abajejetafaranga ku isi



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-24 14:33:33 CAT
Yasuwe: 257


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/FARDC-yongeye-kugongana-na-M23.php