English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Donald Trump yatangaje ko azaha ikaze umujejetafaranga Elon Musk muri Guverinoma ya Amerika.

Mu kiganiro gica kuri  Televiziyo ya FOX, kitwa Sunday Morning Futures, Donald Trump yahatangarije ko niyongera gusekerwa n’amahirwe yo kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika, azashyira umunyemari uri mubafite agatubutse ku Isi, Elon Musk muri Guverinoma ye.

Trump avuga ko Elon Musk ari umucuruzi w’umuhanga  akaba n’umunyabwenge mu bijyanye no kugabanya amafaranga ibigo bishobora mu bikorwa runaka hagamije kuzamura inyungu zabyo, ibyo akaba ari byo ashingiraho.

Akomeza avuga ko naramuka naramuka agiriwe ikizere agatorwa n’abaturage,  azashyiraho Minisiteri nshya ijyanye n’ibintu Elon Musk afitemo ubuhanga.

Ati “Tuzagira umwanya mushya, Minisitiri ushinzwe ibijyanye no kugabanya ikiguzi, kandi Elon Musk arashaka kubikora, dufite abantu badasanzwe. Ayoboye ikigo kinini cy’ubucuruzi ku Isi.”

Elon Musk washinze ibigo bitandukanye birimo Tesla ikora imodoka, X yahoze izwi nka Twitter na SpaceX izobereye mu by’isanzure, ni umwe mu bantu bakomeje gushimangira ko bashyigikiye Donald Trump mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Donatien Nsengimana.



Izindi nkuru wasoma

DRC: Ingabo za FARDC zataye muri yombi umukabwe zimushinja ibura rya drone, utu biteye gute?

Icyamamare muri sinema Idrissa Akuna Elba OBE ari mu nzira zogushinga imizi muri Afurika.

Senateri Uwera Pélagie yongeye gusekerwa n’amahirwe atorerwa kuba muri Sena ya PAP.

Nyabihu: Inkongi y'umuriro idasanzwe yatwitse amaduka 8 arashya arakongoka.

Uwahoze ari visi Perezida wa Kenya Gachagua yatangaje ko Guverinoma ya Ruto yagerageje ku muroga.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-16 12:09:37 CAT
Yasuwe: 34


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Donald-Trump-yatangaje-ko-azaha-ikaze-umujejetafaranga-Elon-Musk-muri-Guverinoma-ya-Amerika.php