English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umukinnyi wa filime wo muri Leta zunze ubumwe Amerika, Chris Hemsworth, agiye kuba ahagaritse gukina filime nyuma y’uko amenye ko afite ibyago byo gufatwa n’uburwayi bwo kwibagirwa, buzwi nka Alzheimer.

Chris Hemsworth wamenyekanye ku izina rya Thor, uri gukora filime mbarankuru ku byo wakora kugira ngo ubeho igihe kirerekire, yavuze ko nyuma y’agace ari gukora azaba ahagaritse gukina filime.

 

Uyu mugabo yatangaje ko mu isuzuma yakorewe n’abaganga, yasanze afite ibyago byinshi byo kurwara iyi ndwara ikunze kwibasira abageze mu zabukuru.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Vanity fair yagize ati "Nyuma y’agace tugiye gushyira hanze, nzahita mfata umwanya wo kuba ndetse gukina filime, mbone umwanya wo kwita ku bana banjye n’umugore wanjye."

Chris Hemsworth w’imyaka 39 uturuka muri Australia, yamenyekanye muri filime zakunzwe nka Thor, Avengers, Extraction n’izindi.

 

 

yanditswe na Bwiza Divine



Izindi nkuru wasoma

Umukinnyi wa Filime Killaman yitabaje RIB

Ikigiye gukorwa nyuma yuko Jennifer Lopez atandukanye na Ben Affleck: Ese agiye kongera gukunda?

Nyiri kigo Billion Traders FX Akaliza Sophie agiye gufungwa imyaka itanu, Menya impamvu

Urukundo, ubutinganyi, cyangwa se ibihesha ishema abagore: Dore filime zo kureba muri iki cyumweru

Ibuka Rwanda yunamiye Safari Christine, wari Perezida wayo mu Buholandi witabye Imana.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2022-11-20 11:15:06 CAT
Yasuwe: 316


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Chris-Hemsworth-agiye-gihagarika-gukina-filime.php