English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Bruce Melodie uri kubarizwa muri Canada agiye gusohora indirimbo nshya mbere yo gusesekara i Kigali.

Umuhanzi w’umunyarwanda Bruce Melodie uri kubarizwa muri Canada, aho agiye gutaramira abakunzi b’umuziki we, yatangaje ko agiye gushyira indirimbo hanze mbere yuko agaruka ku butaka bw’u Rwanda.

Uyu muhanzi wigaruriye imitima y’abatari bake, ibi yabivuze ari mu kiganiro yagiranye na Run plus ku muyoboro wabo wa YouTube, ku wa 25 ukwakira 2024.

Bruce Melodie yabajijwe niba ateganya gukorera indirimbo muri Canada muri kino gihe ari no gutegura ibitaramo, amusubiza agira ati ‘’ Kuyikorera hano biragoye gusa bizaterwa n’umwanya kuko haba hari n’ibindi byinshi dukora, ariko hari iyo nzasohora nkiri hano”

Ibi uyu muhanzi yabibajijwe nyuma yo gusubiramo zimwe mu ndirimbo azakoresha mu gutaramira abakunzi b’umuziki we muri iki gihugu, abifashijwemo n’itsinda ry’abacuranzi  bazafatanya muri ibi bitaramo.

Mu mijyi iteganyijwe kuberamo ibi bitaramo, Harimo Ottawa, Montreal ,Toronto na Vancouver.



Izindi nkuru wasoma

Bugingo Hakim yerekeje muri APR FC nyuma yo kwigaragaza muri Rayon Sports

Benitha, Valentine, Prince na Gloire biteguye guhangana n’ibihangange bya Afurika muri Maroc

Rubavu: Minisitiri Sebahizi yaburiye abashoramari mbere y’uko isoko rinini rifungurwa

Uko impanuka yo muri Ngororero yongeye kugaragaza uburangare nyuma yo gukomerekeramo 4

Uwatoje ikipe ya APR FC agiye gutoza ikipe ya Police FC



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-26 13:45:14 CAT
Yasuwe: 303


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Bruce-Melodie-uri-kubarizwa-muri-Canada-agiye-gusohora-indirimbo-nshya-mbere-yo-gusesekara-i-Kigali.php