English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Bruce Melodie ategerejwe mu gitaramo cya ‘Kampala Comedy Club’ muri Uganda.

Amazina ye nyakuri ni Itahiwacu Bruce wamenyekanye ku mazina ya Bruce Melodie, ari kubarizwa i Kampala muri Uganda aho azataramira abakunzi be ku wa 19 Ukuboza 2024.

Bruce Melodie azatarama mu gitaramo cya ‘Kampala Comedy Club’ aho kizitabirwa n’ibyamamare binyuranye muri Uganda nka Alexi Muhangi uzaba ukiyoboye.

Uyu muhanzi ntago yagiye wenyine kuko yaherekejwe n’abarimo Symphony Band izamucurangira, Coach Gael wamushoyemo imari, ndetse bari gucungirwa umutekano na Mubi Cyane.

Bruce Melodie agiye gutaramira i Kampala, mu gihe ku wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza 2024 azumvisha abakunzi be album yise “Colorful generation” muri Kigali Universe.

Ni album amaze igihe ategura kuko yitabaje abandi bahanzi bakomeye barimo Bien Aime wo muri Kenya, Joeboy wo muri Nigeria n’abandi batandukanye.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rusaba RDC gushyigikira inzira z’amahoro muri Congo. Ibyo Amb. Ernest yeretse Loni.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Mbappé yatsinze hat-trick, Real Madrid isezerera Manchester City muri Champions League.

RDC: Abasirikare n’Abasivili basaga 500 barekuwe muri gereza ya Mulunge mu gihe M23 isatira Uvira.

Minisitiri Mugenzi yibukije ababyeyi uruhare rwabo mu gutahura abana babo bari muri Congo.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-18 08:34:05 CAT
Yasuwe: 115


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Bruce-Melodie-ategerejwe-mu-gitaramo-cya-Kampala-Comedy-Club-muri-Uganda.php