English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abayobozi b’Ingabo za UPDF na RDF bahuriye muri Uganda, Menya ibyaganiriweho

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) mu Mutwe wa 2 w’Ingabo bwakiriye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku mupaka wa Mirama mu Karere ka Ntungamo.

Iri tsinda rigizwe n’abasirikare bo muri Diviziyo ya 2 n’iya 5 z’Ingabo z’u Rwanda, ndetse n’Umujyanama wa Gisirikare wa RDF muri Uganda, Col Emmanuel Ruzindana. Aba ni abayobozi b’ingabo zikorera hafi y’imipaka y’ibihugu byombi kandi basanzwe bafatanya n’izindi nzego mu guhangana n’ibyaha bikorerwa ku mupaka no kubungabunga umutekano.

Maj Gen Paul Muhanguzi, uyobora Diviziyo ya 2 ya UPDF, ni we wakiriye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ku mupaka wa Mirama Hills. Itsinda ry’u Rwanda riyobowe na Brig Gen Pascal Muhizi, uyobora Diviziyo ya 5 ya RDF.

Mu ijambo rye ritangiza inama ibera muri Igongo Country Hotel and Cultural Centre mu Mujyi wa Mbarara, Maj Gen Paul Muhanguzi yashimiye abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda ku kuba bitabiriye iyi nama.

Yagize ati: "Uku kuza kwanyu bikomeza kugaragaza icyifuzo gikomeye cyo gushyira mu bikorwa icyerekezo cy’Abakuru b’Ibihugu byacu, Nyakubahwa Gen Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, na Nyakubahwa Gen (Rtd) Yoweri Kaguta Museveni, Perezida wa Repubulika ya Uganda."

Iyi nama igamije kureba aho imyanzuro y’inama zabanje igeze ishyirwa mu bikorwa no gusuzuma intambwe imaze guterwa mu kurema umutekano urambye ku mipaka y’ibihugu byombi.

Maj Gen Muhanguzi yavuze ko hari intambwe igaragara yatewe mu guhangana n’ibyaha bikorerwa ku mupaka no kwimakaza umutekano.

 Yagize ati: "Ndashima uko abayobozi b’ingabo bacu bakomeje gukorana bya hafi, cyane cyane mu guhangana n’ibibazo by’umutekano ku mupaka. Ndabashimira cyane kuri iyi ntambwe imaze guterwa."

Yasabye ko ubufatanye bw’abayobozi b’Ingabo bukomeza kugira ngo habeho gushyira mu bikorwa intego y’Abakuru b’Ingabo bombi, aribo Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za UPDF, na Gen Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDF.

Yagize ati: "Ubufatanye bwacu buzagira uruhare rukomeye mu guteza imbere umutekano n’imibereho myiza y’abaturage bacu batuye ku mipaka, bikazanagira ingaruka nziza ku iterambere ry’ubukungu bw’ibihugu byombi."

Ku ruhande rwe, Brig Gen Pascal Muhizi, uyoboye itsinda rya RDF, yashimiye UPDF ku bw’ukwakira neza bagiriwe. Yagize ati: "Ku bwanjye bwite no ku bw’itsinda ryanjye, ndashimira cyane uburyo mwatwakiriye neza, ubuntu bwanyu n’urugwiro muduhaye turabishima cyane."

Yakomeje agaragaza ko ibiganiro nk’ibi bimaze gutanga umusaruro ushimishije kuva aho byatangiriye. Yagize ati: "Ibi bigaragaza ko twese twumva akamaro k’ibi biganiro bigamije gukemura ibibazo duhura nabyo ku mipaka yacu."

Brig Gen Muhizi yasabye abayobozi b’Ingabo n’abandi basirikare gukomeza kugira ubufatanye bukomeye kugira ngo basohoze intego y’abakuru b’ingabo b’ibihugu byombi. Yashoje ashimira ubuyobozi bwa RDF na UPDF ku bufatanye mu guteza imbere umutekano.

Iyi nama yitabiriwe kandi n’abandi bayobozi barimo Col Armstrong Nduga, ushinzwe ibikorwa n’amahugurwa muri Diviziyo ya 2 ya UPDF, abayobozi b’udutsiko tw’Ingabo (Brigade Commanders), abayobozi b’amasirikare (Battalion Commanders) hamwe n’abashinzwe ubutasi (Intelligence Officers).

Itsinda ry’impande zombi ryagiranye kandi ibiganiro n’abayobozi b’uturere twa Ntungamo na Rukiga mu Karere ka Ntungamo.

Iyi nama izamara iminsi itatu. Inama zabanje zabereye i Nyagatare na Musanze mu Rwanda, ndetse no mu Mujyi wa Mbarara.



Izindi nkuru wasoma

Umugore yatawe muri yombi azira guteme umugabo we

M23 ikomeje gufata ibice byo muri Teritwari ya Walikale ku muvuduko udasanzwe

Nyaruguru: Abayobozi babiri b’Akarere batawe muri yombi, Menya impamvu

Havumbuwe ibihugu 20 bishaka kohereza ingabo zidasazwe muri Ukraine

Trump yasinye itegeko rikuraho Minisiteri y'Uburezi muri Amerika



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-21 08:57:05 CAT
Yasuwe: 12


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abayobozi-bIngabo-za-UPDF-na-RDF-bahuriye-muri-Uganda-Menya-ibyaganiriweho.php