English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye bazajya babanza kujya mu ngabo-Mpayimana Phillipe

Kuwa Kane tariki ya 27 Kamena, Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe yiyamamarije mu Turere twa Ngororero na Muhanga, ababwira ko nibaramuka bamutoye abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye bazajya babanza kujya mu ngabo z'u Rwanda mu gihe cy'amezi 6

Muri Santire ya Kabaya Akarere ka Ngororero niho umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe yatangiriye ibikorwa byo kwiyamamaza.

Aha i Ngororero uyu mukandida yibanze ku ngingo zo kuzateza imbere itangazamakuru no ku basoza kwiga amashuri yisumbuye bazajya babanza kujya mu ngabo z'u Rwanda.

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe yiyamamarije kandi mu Karere ka Muhanga Imurenge wa Mushishiro. Akihagera yabwiye abaturage ko afite udushya azabagezaho nibaramuka bamutoreye kuyobora u Rwanda. 

Akarere ka Muhanga kabaye aka 10 umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe agezemo yiyamamaza asaba abaturage kuzamutora kugirango ayobore u Rwanda mu myaka 5 iri imbere.



Izindi nkuru wasoma

PL yijeje abatuye Amajyepfo ko mu gihe yatorerwa kujya mu Nteko izakora ubuvugizi hagezwe ibikorware

PL yijeje abatuye Amajyepfo ko mu gihe yatorerwa kujya mu Nteko izakora ubuvugizi hagezwe ibikorware

PL yijeje abatuye Amajyepfo ko mu gihe yatorerwa kujya mu Nteko izakora ubuvugizi hagezwe ibikorware

Abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye bazajya babanza kujya mu ngabo-Mpayimana Phillipe

Gakenke:Abagore 33 biyamamarije kujya mu Nteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-06-28 08:35:29 CAT
Yasuwe: 30


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abanyeshuri-basoza-amashuri-yisumbuye-bazajya-babanza-kujya-mu-ngaboMpayimana-Phillipe.php