English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abanyeshuri 200 bo muri Sudan bageze mu Rwanda kuhakomereza amasomo nyuma y'intambara iyogoje iwabo

 Dr. Didace Kayihura Muganga, umuyobozi wa Kaminuza y'u Rwanda

Abanyeshuri 200 bo mu gihugu cya Sudan bageze muri Kaminuza y'u Rwanda kuri uyu wa 2 Kanama 2023 nyuma y'uko u Rwanda rubemereye imyanya muri Kaminuza kuko iwabo batabona uko biga kubera intambara.

Ni abanyeshuri biga ubuganga rusange ndetse no kuvura amenyo, bakazasubira iwabo amahoro yagarutse.

Umuyobozi wa UR, Dr Didas Kayihura Muganga  avuga ko aba banyeshuri boherejwe na Kaminuza ya University of Medical Sciences, ngo bahisemo kohereza abiga ubuganga kuko abiga mu yandi mashami babasha kubona izindi kaminuza muri iki gihugu ku buryo butagoye.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko aba banyeshuri bahisemo kuza mu Rwanda, by'umwihariko abiga kuvura amenyo kuko basanze Kaminuza y'u Rwanda ifite ibikoresho bihagije kandi bijyanye n'igihe.

Aba banyeshuri bazanye n'abarimu babo b'abahanga, bazabakurikirana haba mu mashuri no mu bitaro aho bamwe bazaba bimenyereza.



Izindi nkuru wasoma

Nyuma y'ifatwa rya Kanyabayonga M23 yinjiye mu mujyi wa Karumba

Ambasaderi Bazivamo yashyikirije Perezida Traoré impapuro zimwemerera guhagararirayo u Rwanda

ITANGAZO RYA CYAMUNAYA Y'IMITUNGO ITIMUKANWA IHEREREYE GASABO MURI KIGALI

ITANGAZO RYA CYAMUNAYA Y'IMITUNGO ITIMUKANWA IHEREREYE GASABO MURI KIGALI

Abasirikare 50 barimo na ba Ofisiye ba RDF basoje amasomo muri Uganda



Author: Muhire Desire Published: 2023-08-02 11:17:51 CAT
Yasuwe: 246


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abanyeshuri-200-bo-muri-Sudan-bageze-mu-Rwanda-kuhakomereza-amasomo-nyuma-yintambara-iri-iwabo.php