English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

 Vestine na Dorcas bagiye gutaramira abakunzi babo  muri Canada.

 

Vestine na Dorcas bamenyerewe mu ndirimo zo guhimbaza no kuramya Imana barateganya gutaramira abakunzi b’indirimbo zo  guhimbaza Imana ndetse n’abakunzi babo muri rusange mu gihugu cya Canada .

 

Ni nyuma y’amezi ageze kuri 3 bashyize yanze album yabo yambere bise “Nahawe ijambo”barateganya ko mu biruhuko by’amashuri  kuzataramira abakunzi babo  baba muri Canada.

 

Ibi byatangajwe n’umujyanama wabo unasanzwe areberera inyungu zabo mu by’umuziki Murindahabi Irene avuga ko ibi bitaramo bazakora byasabwe n’abakunzi babo baba muri Canada.

Ati “ ibi bitaramo bizaba mu biruhuko by’abanyeshuri ndetse ni ibitaramo tuzakora birenze kimwe muri iki gihugu.

 

Yongeyeho  kandi ko ari ibitaramo bagiye gukorera bwa Mbere hanze y’igihugu cy’u Rwanda by’umyihariko ku mugabane w'u Burayi.

Murindahabi yatangaje ko kujyeza ubu amatariki n’aho igitaramo kizabera bitaratamenyekana neza.

 

Vestine na  Dorcas bamaze kuba ibyamamare mu muziki w’indirimo zihimbaza Imana  zirimo Nahawe ijambo , Umutaka n’izindi . Baherutse  kandi gushyira hanze album yabo yambere  mu Ukuboza 2023 iriho indirimbo 9.

 

 

 

Yanditswe na Sam Murwanashyaka 



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rusaba RDC gushyigikira inzira z’amahoro muri Congo. Ibyo Amb. Ernest yeretse Loni.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Mbappé yatsinze hat-trick, Real Madrid isezerera Manchester City muri Champions League.

RDC: Abasirikare n’Abasivili basaga 500 barekuwe muri gereza ya Mulunge mu gihe M23 isatira Uvira.

Minisitiri Mugenzi yibukije ababyeyi uruhare rwabo mu gutahura abana babo bari muri Congo.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-05-24 13:58:29 CAT
Yasuwe: 497


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/-Vestine-na-Dorcas-bagiye-gutaramira-abakunzi-babo-muri-Canada.php