English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Vinicius Jr. yerekanye umutima wa siporo imbere y’abafana ba Manchester City.

Rutahizamu w’ikipe ya Real Madrid ukomoka muri Brazil Vinicius Jr, yannyeze abakunzi ba Manchester City kubera ikimenyetso bamweretse.

Mu ijoro rya cyaye ryo ku wa 11 Gashyantare 2025, hakomeje imikino ya kamparamaka (Playoff) ya UEFA Champions League. Ni umukino wahuzaga ikipe ya Real Madrid yari yasuye ikipe ya Manchester City mu gihugu cy’ubwongereza, Etihad aho iyi kipe ikinira.

Ikipe ya Real Madrid yaraye ibonye intsinzi y’ibitego 3-2 imbere ya Manchester City. Abakinnyi ba Real Madrid nyuma y’umukino bagize ibyo batangaza bijyanye no kuba babonye intsinzi mu gihe byari bigoranye cyane.

Muri uyu mukino abakunzi ba Manchester City bari bafite icyapa kinini cyane kinnyega rutahizamu wa Real Madrid Vinicius Jr, kubera uko amaze iminsi yifata nyuma yaho Rodri ukinira Manchester City amutwaye Ballon D’Or. Iki cyapa cyari cyanditseho amagambo abuza Vinicius Jr gukomeza kurira kubera kudahabwa Balloon D’Or.

Si ibyo gusa kuko Vinicius Jr muri uyu mukino yafataga umupira abakunzi ba Manchester City bari muri Sitade, bakamukomera cyane ari nako bamwereka icyo kimenyetso bari bafite.

Nyuma yaho ikipe ya Real Madrid itsinze igitego cya 3 cyayihejeje intsinzi ndetse Vinicius Jr agahabwa igihembo cy’umukinnyi witwaye neza mu mukino, yaje guha ubutumwa abakunzi ba Manchester City abereka ku mwambaro wa Real Madrid ahari ibikombe 15 bya Champions League ababwira ko bagerageza bakabigeraho ubona arimo gusa nk’unnyega iyi kipe.

Andi magambo Vinicius Jr yatangaje nyuma y’umukino yavuze kuri iyi ntsinzi ya Real Madrid, avuga ko atabona uko asobanura ibintu biba kuri Real Madrid mu mikino ya Champions League ariko bakinnye uyu mukino bashaka gutsinda.

Yagize ati ” Biragoye gusobanura ibintu biba kuri Real Madrid muri Champions League. Gusa wabonaga ko dushaka gutsinda, Niyo yari intego yacu ndetse na gahunda yacu.”

Gutsinda uyu mukino kwa Real Madrid byayihereje amahirwe menshi cyane yo kugera muri 1/8 cya Champions League kuko uyu mukino yitwaye neza iri hanze. Umukino wo kwishyura uzaba tariki 19 Gashyantare 2025, ubere mu gihugu cya Esipanye kuri Santiago Bernabeau.



Izindi nkuru wasoma

UEF Champions League: Abasore ba Carlos Anceloti bitwaye neza imbere ya Manchester City.

Vinicius Jr. yerekanye umutima wa siporo imbere y’abafana ba Manchester City.

Uruhare rwa Siporo mu buzima bw'abagore batwite: Inama z'Inzobere.

Abacururiza imbere y’isoko rya Mahoko barataka igihombo no gukubitwa inkoni boshye ibisambo.

UEFA Europa League: Manchester United na Tottenham Hotspur zakomeje muri 1/8 biboroheye.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-12 11:55:58 CAT
Yasuwe: 14


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Vinicius-Jr-yerekanye-umutima-wa-siporo-imbere-yabafana-ba-Manchester-City.php