English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rutahuzamu w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Rafael York yatandukanye n'ikipe ya Gefle IF.

Rutahuzamu w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda, ukina muri shampiyona ya suede, Rafael York yatandukanye n'ikipe ya Gefle IF yakiniraga nyuma y'uko imanutse muri shampiyona y'icyiciro cya Gatatu.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 11 ukuboza 2024, nibwo hasakaye amakuru avuga ko umunyarwanda Rafael York yamaze gutandukana na Gefle IF yamanutse mu cyiciro cya gatatu cya shampiyona ya suede.

Uyu mukinnyi umaze iminsi adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi kubera ibibzo afitanye n’umutoza Frank Spittler Torsten, hari amakuru avuga ko yanze kujya gukina muri iki cyiciro iyi kipe yagiyemo.

Rafael York ukina mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu gusatira cyangwa akaba yanyura ku mpande n'ubundi asatira, atandukanye n'iyi kipe mu gihe yo yifuzaga kumwongerera amasezerano ariko we akabyanga bitewe nuko atashakaga gukina muri shampiyona y'icyiciro cya Gatatu.

Umwaka ushize w’imikino iyi kipe yasoreje ku mwanya wa 15 muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri cyitwa Superettan n’amanota 32. Iyi kipe yamanukanye na Skovde AIK yari kumwanya wa nyuma.

Rafael York yari yarageze muri iyi kipe muri Mutarama 2023 aho yari yarasinye amasezerano y'imyaka 2.

York wavukiye i Gavle muri Sweden, si ubwa mbere yari akiniye Gefle IF kuko mu 2016 yayikiniye by'igihe gito ari intizanyo ya Sandvikens IF ari nayo kipe yazamukiyemo atangira gukina umupira w'amaguru by'umwuga.

Yanatijwe kandi muri VFL Bochum yo mu Budage, mbere yo kunyura muri IFK Varnamo na Kalmar FF zo muri Sweden, aho yavuye yerekeza muri Esklistuna yakiniye kuva mu ntangiriro za 2021 kugeza mu mpera ya 2022, aho yigaragaje cyane dore ko mu mikino 53 yatsinzemo ibitego 8 bigatuma Gefle IF inamwifuza.



Izindi nkuru wasoma

Umunyamakuru Uwiringiyimana Peter yatandukanye na Flash FM.

U Rwanda rwiteguye kwitabara mu gihe rwatewe – Minisitiri Nduhungirehe.

U Rwanda na Afurika y’Epfo byiyemeje gukomeza ibiganiro ku kibazo cy’Uburasirazuba bwa Congo.

Perezida Trump avuga ko ibibazo hagati y’u Rwanda na RDC ari "Ikibazo gikomeye".

Perezida Kagame yakosoye mugenzi we Ramaphosa wavuze ko ingabo z’u Rwanda ari inyeshyamba.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-11 11:06:10 CAT
Yasuwe: 47


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Rutahuzamu-wikipe-yigihugu-yu-Rwanda-Rafael-York-yatandukanye-nikipe-ya-Gefle-IF.php