English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Minisitiri Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we Veldkamp w’u Buholandi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro kuri telefoni n’umugenzi we w’u Buholandi, Caspar Veldkamp, ku ngingo zirebana n’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).

Ibi biganiro byibanze ku bibazo by’intambara byabayeho mu karere, aho ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23 bakomeje guhangana, bikaba byarateje umutekano muke n’ingaruka zikomeye ku baturage.

Minisitiri Veldkamp yashimye uburyo ibiganiro bya Luanda byashyizweho mu rwego rwo gucyemura ikibazo cya M23, asaba ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu gukomeza inzira za politiki kugira ngo habeho umuti urambye w’iki kibazo.

Yagaragaje kandi ko gufasha mu guhagarika imirwano ari intambwe y’ingenzi mu kugarura amahoro no kubaka umutekano urambye.

U Rwanda rwashimye iyi gahunda y’ibiganiro, rukomeje kugaragaza ko rwiteguye gukorana n’abafatanyabikorwa b’akarere kugira ngo habeho icyerekezo cy’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC.



Izindi nkuru wasoma

Imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giti yafashwe n’inkongi irakongoka.

Minisitiri Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’u Burusiya baganiriye ku bibazo bya Congo.

Minisitiri Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we Veldkamp w’u Buholandi.

Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo ku gitutu cyo kwegura nyuma y’urupfu rw’abasirikare 14

Perezida Kagame azahura na mugenziwe Felix Tshisekedi mu ntama idasazwe.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-05 10:58:32 CAT
Yasuwe: 16


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Minisitiri-Amb-Olivier-Nduhungirehe-yagiranye-ibiganiro-na-mugenzi-we-Veldkamp-wu-Buholandi.php