English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kamonyi-Nyamiyaga: Kugurisha imodoka byabyaye igisubizo kirambye.

Ku munsi mukuru w’Intwari, tariki ya 1 Gashyantare 2025, ubuyobozi n’abaturage b’Umurenge wa Nyamiyaga batashye ku mugaragaro inzu mberabyombi bubatse nyuma yo kugurisha imodoka yari yaraguzwe hagamijwe kuzabafasha mu isuku n’umutekano.

Iyi nzu, yuzuye itwaye miliyoni zisaga 73 z’amafaranga y’u Rwanda, igiye gufasha abaturage kubona aho bateranira mu buryo buboneye.

Imodoka yahindutse umutwaro, abayiguriye bahitamo kuyigurisha

Mbere y’uko batekereza kubaka iyi nzu mberabyombi, abaturage ba Nyamiyaga bari baraguze imodoka yagombaga kubafasha mu bikorwa by’isuku no kwicungira umutekano. Icyakora, nyuma yo kuyitunga, basanze ibasaba amafaranga menshi yo kugura mazutu no kuyikoresha, ibintu byari bikomeje kubabera umutwaro.

Niyonagize Adrie, Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) mu Murenge wa Nyamiyaga, avuga ko igitekerezo cyo kwishakamo ibisubizo bakagura imodoka cyaturutse ku rugendo shuri bagiriye ku Murindi w’Intwari no ku Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ahari amazu y’amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati: “Twari dufite intego nziza, ariko imodoka yadutwaye amafaranga menshi kuyitunga no kuyikoresha. Twisunze ubuyobozi bwacu, twandikira Akarere dusaba uburenganzira bwo kuyigurisha, kugira ngo tugire ikindi cy’ingenzi tuyakoresha.”

Kugurisha imodoka byabyaye igisubizo kirambye

Nyuma yo kubona ko imodoka ibateza ibibazo aho kubafasha, Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamiyaga yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi uburenganzira bwo kuyigurisha. Icyemezo cyemewe maze imodoka igurishwa kuri miliyoni 10 n’ibihumbi 100 Frw.

Amafaranga yavuyemo yahise ashorwa mu mushinga wo kubaka inzu mberabyombi, umushinga waje gushyigikirwa n’abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa b’uyu murenge. Iyi nzu ifite ubushobozi bwo kwakira inama, ibirori, ndetse n’imyidagaduro, ikaba igiye gukemura ikibazo cy’aho abaturage bahurira mu buryo bwisanzuye.

Ubufatanye bw’abaturage n’abafatanyabikorwa bwatumye umushinga ugerwaho

Iyi nzu mberabyombi yuzuye itwaye asaga miliyoni 73 Frw, hakaba harimo uruhare rw’abaturage, abafatanyabikorwa, ndetse by’umwihariko hakabamo inkunga y’umushoramari Abizeye Vedaste, watanze miliyoni 20 Frw nk’inkunga ye ku baturage.

Abaturage bishimiye iki gikorwa, bavuga ko cyabakuye mu bibazo. Gahigi Athanase, umwe mu bageze mu zabukuru muri Nyamiyaga, yagize ati: “Kugurisha imodoka tukubaka iyi nzu ni igisubizo cyiza cyane. Ubu abayobozi ntibagisaba abaturage amafaranga yo gutunga imodoka, ahubwo twabonye ahantu heza ho guhurira.”

Niyoniringiye Jean Pierre, Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamiyaga, nawe yemeza ko iki cyemezo cyafashwe mu nyungu z’abaturage bose.

Yagize ati: “Nubwo imodoka yari yaguzwe mu bushobozi bwacu, kuyitunga byatugoye. Kubaka iyi nzu ni igisubizo kirambye ku buyobozi n’abaturage.”

Inzu mberabyombi: Igikorwa cy’ubutwari

Mu gihe abaturage ba Nyamiyaga bari bizihiza umunsi w’Intwari, bashimangiye ko iki gikorwa cyabo nabo bagifata nk’igikorwa cy’ubutwari. Adrie Niyonagize yagize ati: “Twabonye ikibazo, tugishakira umuti. Niyo mpamvu twavuga ko natwe dukoze igikorwa cy’ubutwari.”

Iyi nzu mberabyombi izajya ifasha abaturage kubona aho bakorera inama, ibirori by’ubukwe, ndetse n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro, bikaba bigiye koroshya imibereho y’abaturage bo muri Nyamiyaga.



Izindi nkuru wasoma

Imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giti yafashwe n’inkongi irakongoka.

Kamonyi-Nyamiyaga: Kugurisha imodoka byabyaye igisubizo kirambye.

Abantu 98 baburiye ubuzima mu iturika ry’imodoka yari itwaye Lisansi.

Nyanza: Impanuka y’imodoka yahitanye abantu Batatu, abandi Bane barakomereka.

Rubavu: Polisi yafashe imodoka zo muri DRC zipakiye imyenda n’ibindi bicuruzwa bya magendu.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-05 09:22:22 CAT
Yasuwe: 16


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/KamonyiNyamiyaga-Kugurisha-imodoka-byabyaye-igisubizo-kirambye.php