English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kamonyi:Ikamyo yarenze umuhanda ikometsa umuntu umwe

Mu karere ka Kamonyi habereye impanuka y'ikamyo yahirimye igwa munsi y'umuahanda umushoferi wari uyutwaye arakomereka.

Ibyo byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Gicurasi,bikavugwako iyi mpanuka yatewe no kutaringaniza neza umuvuduko w'imodoka bitewe n'imvura yagwaga ari nyinshi.

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SP Emmnuel Kayigi yatangajeko iyi mpanuka ntawe yahitanye usibye umushoferi wari uyitwaye wakomeretse.

Ati"Impanuka ntawe yahitanye hakomeretse byoroheje umushoferi wari uyitwaye, yatewe n'imiyoborere mibi no kutaringaniza umuvuduko kandi hagwaga imvura nyinshi."

SP Kayigi asaba abatwara ibinyabiziga kwitwararika cyane muri ibi bihe by'imvura.

Ati"imihanda iranyerera ku buryo iyo upakiye noneho uburemere bwongera ibyago byo kuba wakora impanuka utitwararitse"

SP Kayigi yibutsa abatwara ibinyabuziga kwibuka kubahiriza amategeko agenga umuhanda ndetse no kugenda neza kuko baba badakoresha umuhanda ari bonyine ko haba hari n'abandi bari muri uwo muhanda bityo baba bagomba kwitwararika.

SP Kayigi yakomeje avugako abatwara ibinyabiziga binini bagomba kujya mu muhanda bamaze gukoresha igenzura ryabyo (Controle Techinique) mu rwego rwo kwirinda impanuka zituruka ku bibazo bitandukanye imodoka ziba zifite."

 



Izindi nkuru wasoma

Twagirayezu wari waragizwe umwere ku byaha bya jenoside yongeye kugaragara mu rukiko

Musanze:Bane bagwiriwe n'inzu umwe ahasiga ubuzima

Kamonyi:Ikamyo yarenze umuhanda ikometsa umuntu umwe

Umuhanda Muhanga-Ngororero ntukiri nyabagendwa

Kigali:Imvura nyinshi yaguye ku Cyumweru yishe abantu babiri inasenya amazu y'abaturage



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-05-03 08:47:23 CAT
Yasuwe: 55


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/KamonyiIkamyo-yarenze-umuhanda-ikometsa-umuntu-umwe.php