English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Urukiko rwarekuye umuhanzi Jowest waregwaga “gusambanya ku gahato umukobwa.

Umujyanama w’uyu muhanzi Jowest yabwiye itangazamakuru  ko Urukiko rwategetse ko uyu muhanzi afungurwa, ndetse ubu yamaze no gutaha.

Yavuze ko uyu muhanzi yasomewe icyemezo n’Urukiko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare, akaba umwere ku byaha yaregwaga.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B Thierry, avugana n’itangazamakuru yavuze ko uy’umuhanzi Jowest yafashwe tariki 01 Gashyantare 2023, akekwaho ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse no gukubita no gukomeretsa undi ku bushake.

Jowest azwi mu ndirimbo nka ‘Agahapinesi’, ‘Pizza’, ‘Hejuru’, na ‘Saye’ aheruka gushyira hanze.

 

 

 



Izindi nkuru wasoma

Impamvu yatumye Umugabo agerageza kwica umukozi w’Urukiko rwa Gasabo akoresheje imbago

Umuhanzi Elijah Kitaka yahakanye ibyo kuba umutinganyi, ahishura ikintu gitangaje ku bagore.

Urukiko rwa Uganda rwategetse ihindurwa ry’amazina y’imihanda yitiriwe Abakoloni i Kampala.

Umuhanzikazi Bwiza yavuze icyo bisobanuye kuba yarahuriye ku rubyiniro na John Legend.

Hemejwe urupfu rw’umuhanzi w’imyaka 4 y’amavuko Ashna Lweri.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-02-22 10:17:50 CAT
Yasuwe: 424


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Urukiko-rwarekuye-umuhanzi-Jowest-waregwaga-gusambanya-ku-gahato-umukobwa.php